Saturday, September 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hamuritswe umushinga w’ikoreshwa ry’indege nto zitagira abapilote zizakora nka taxi zitwara abagenzi, aho iki Gihugu kibaye icya 21 ku Isi kigezemo uyu mushinga, kikaba icya mbere ku Mugabane wa Afurika.

Ikoreshwa ry’izi ndege ryamuritswe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Nzeri 2025 habura amasaha macye ngo mu Rwanda hatangire inama Nyafurika y’iminsi ibiri yiga ku iterambere ry’ubwikorezi bwo mu kirere izwi nka ‘Aviation Africa’ itangira kuri uyu wa Kane tariki 04 Nzeri 2025.

Ubwo hamurikwaga uyu mushinga, hagaragajwe izi ndege zizwi nka ‘eVTOL’ zikorwa n’Uruganda rw’Abashinwa rwa EHang, ndetse hanakorwa igerageza ryazo mu Rwanda, aho yatwaye abantu babiri mu kirere.

Ni indege ishobora gutwara abantu babiri ikanagira ubushobozi bwo gutwara ibilo 620, igashobora kugenda ibilometero biri hagati ya 25 na 30, ndetse bateri yayo ikaba ishobora ikaba yatuma iyi ndege imara iminota 30’ mu kirere, dore ko zikoresha amashyanyarazi.

Iyi ndege iyo iri ku butaka ishobora kubugenderaho kuko ifite udupine 12, mu gihe yagurutse ikaba ishobora kugera ku butumburuke bwa metero 100 mu kirere.

Iyi ndege ifite agaciro k’ibihumbi 400 USD (arenga miliyoni 580 Frw) ikoranye ikoranabuhanga rigezweho, kuko ishobora gutahura ikibazo yagira mu gihe yaba iri mu kirere, kugira ngo idateza impanuka.

Umuyobozi ushinzwe Ubuhahirane Mpuzamahanga mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Indege zitari iza gisirikare (RCAA), Melissa Rusanganwa avuga ko iyi ndege ari imwe mu zikoresha ikoranabuhanga rigezweho ry’indege zigenda zidafite abapilote.

Avuga ko ikoreshwa ry’izi ndege rizafasha abantu kubasha gukora ingendo mu buryo bwihuse, byumwihariko rikazakoreshwa mu bukerarugendo bw’u Rwanda.

Ati “Umuntu agashobora kujya gusura Intara y’Amajyaruguru mu minota micye, izanye amahirwe menshi cyane cyane ko ari ubwa mbere bikozwe hano muri Afurika hano mu Rwanda.”

Melissa avuga ko mu Rwanda hari hamenyerewe utududege tutagira abapilote twa Zipline twifashishwa mu gusakaza amaraso n’imiti, ubu hakaba haje izi zizatwara abagenzi.

Ati “Tugiye ku rundi rwego rw’indege izajya itwara abantu, igafasha mu rwego rw’ubukerarugendo cyane cyane.”

Melissa Rusanganwa avuga kandi ko ikoreshwa ry’izi ndege rizashyigikira uruhare rw’u Rwanda mu kugabanya ibyuka bihumanya ikirere, kuko zikoresha amashanyarazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 2 =

Previous Post

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Next Post

IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

Related Posts

Ibyo wamenya ku birori bizabaho bwa mbere mu Rwanda bizahuza imbwa zigasabana n’abazikunda bakamenyana

Ibyo wamenya ku birori bizabaho bwa mbere mu Rwanda bizahuza imbwa zigasabana n’abazikunda bakamenyana

by radiotv10
06/09/2025
0

I Kigali mu Rwanda, hagiye kuba ku nshuro ya mbere ibirori byiswe ‘Dog Fest Kigali’ bizahuriza hamwe imbwa, abazitunze, abazikunda...

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

by radiotv10
05/09/2025
0

Ikamyo yavaga i Kamembe yerecyeza i Bugarama mu Karere ka Rusizi, yakoreye impanuka muri uyu muhanda ubwo yari igeze ahantu...

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

by radiotv10
05/09/2025
0

Ku nshuro ya 20 mu Rwanda habaye ibirori byo ‘Kwita Izina’ abana b’Ingagi, byongeye kugaragaramo abarimo ibyamamare muri ruhago no...

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

by radiotv10
05/09/2025
0

Esther Mbabazi, one of Rwanda’s pioneering female pilots who started her career with the national carrier RwandAir, says aviation is...

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

by radiotv10
05/09/2025
2

Ubuyobozi Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, buravuga ko mu byumweru bitatu biri imbere hazatangira ibikorwa byo kwica...

IZIHERUKA

Ibyo wamenya ku birori bizabaho bwa mbere mu Rwanda bizahuza imbwa zigasabana n’abazikunda bakamenyana
MU RWANDA

Ibyo wamenya ku birori bizabaho bwa mbere mu Rwanda bizahuza imbwa zigasabana n’abazikunda bakamenyana

by radiotv10
06/09/2025
0

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

05/09/2025
Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

05/09/2025
From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

05/09/2025
Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

05/09/2025
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

05/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo wamenya ku birori bizabaho bwa mbere mu Rwanda bizahuza imbwa zigasabana n’abazikunda bakamenyana

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.