• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Sitade Amahoro yaje ku mwanya wa karindwi ku rutonde rw’icumi za mbere nziza ku Mugabane wa Afurika, ruyobowe n’iyo muri Afurika y’Epfo. Iyi sitade yo mu Rwanda ni yo iyoboye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ni urutonde rwakozwe n’abahanga mu myubakire ya sa Sitade, Football Ground Guide nyuma y’igenzura ryamaze amezi atatu hasurwa sitade zo ku muri Afurika, rugaragaza izi sitade 10 nziza kuri uyu Mugabane.

Uko Sitade 10 za mbere zikurikirana

  1. Moses Mabhida Stadium

Iyi Sitade yubatse muri Afurika y’Epfo ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 55 500, ifite ubushobozi bwo kwakira imikino yose.

  1. Cape Town Stadium (DHL)

Iri muri Sitade zubatswe ubwo Afurika y’Epfo yiteguraga kwakira igikombe cy’isi 2010 ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 58 300.

  1. First National Bank Stadium

Yari imaze imyaka irenga 14 iyoboye urutonde rwa za SItade nziza ku mugabane wa Afurika, iherereye muri Afurika y’Upfo ubu yaratangiye kwangirika, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 94 736.

  1. Loftus Versfeld Stadium

Sitade isanzwe ikinirwaho umukino wa Rugby muri Afurika y’Epfo, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 51 762.

  1. Ellis Park Stadium

Iyi isanzwe izwi kwizina rya Emirates Airline park iherereye muri Afurika y’Epfo ifite amateka kuko niyo yakiriye umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cya Rugby 1995 ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 62,567

  1. Wanderers Stadium

Sitade yonyine iri kuri uru rutonde iberaho imikino ya cricket iherereye muri Afurika y’Epfo ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 34.

  1. Amahoro Stadium

Sitade rukumbi yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, iherereye mu Rwanda, yubatswe 1986, ivugururwa muri 2022 ubu ni ikirango cya za Sitade nziza mu karere, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 45 508.

  1. Newlands Stadium

Sitade ikinirwaho imikino ya Rugby iherereye muri Afurika y’Epfo ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 51 900.

  1. Mbombela Stadium

Iyi na yo yari muri Sitade 10 zubatswe ubwo Afurika y’Epfo yiteguraga kwakira Igikombe cy’Isi cya 2010, ubu ikinirwaho imikino ya Rugby, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 43 500.

  1. Centurion Park

Iyi izwi ku izina rya Supersport Park, ikaba ari yo ikipe y’Igihugu ya Cricket muri Afurika y’Epfo, yakiriraho imikino yayo, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 22 000.

Uru rutonde rukorwa buri mwaka, hari icyizere ko umwaka utaha Afurika y’Iburasirazuba yazaba ifitemo Sitade zirenze imwe, kuko mu Bihugu nka Uganda, Kenya na Tanzania hari kubakwa izindi Sitade mpuzamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + thirteen =

Previous Post

Amakuru agezweho ku watangaje ibihuha bica igikuba cy’ibyo yavugaga ko byabaye i Musanze

Next Post

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.