Saturday, September 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Sitade Amahoro yaje ku mwanya wa karindwi ku rutonde rw’icumi za mbere nziza ku Mugabane wa Afurika, ruyobowe n’iyo muri Afurika y’Epfo. Iyi sitade yo mu Rwanda ni yo iyoboye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ni urutonde rwakozwe n’abahanga mu myubakire ya sa Sitade, Football Ground Guide nyuma y’igenzura ryamaze amezi atatu hasurwa sitade zo ku muri Afurika, rugaragaza izi sitade 10 nziza kuri uyu Mugabane.

Uko Sitade 10 za mbere zikurikirana

  1. Moses Mabhida Stadium

Iyi Sitade yubatse muri Afurika y’Epfo ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 55 500, ifite ubushobozi bwo kwakira imikino yose.

  1. Cape Town Stadium (DHL)

Iri muri Sitade zubatswe ubwo Afurika y’Epfo yiteguraga kwakira igikombe cy’isi 2010 ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 58 300.

  1. First National Bank Stadium

Yari imaze imyaka irenga 14 iyoboye urutonde rwa za SItade nziza ku mugabane wa Afurika, iherereye muri Afurika y’Upfo ubu yaratangiye kwangirika, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 94 736.

  1. Loftus Versfeld Stadium

Sitade isanzwe ikinirwaho umukino wa Rugby muri Afurika y’Epfo, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 51 762.

  1. Ellis Park Stadium

Iyi isanzwe izwi kwizina rya Emirates Airline park iherereye muri Afurika y’Epfo ifite amateka kuko niyo yakiriye umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cya Rugby 1995 ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 62,567

  1. Wanderers Stadium

Sitade yonyine iri kuri uru rutonde iberaho imikino ya cricket iherereye muri Afurika y’Epfo ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 34.

  1. Amahoro Stadium

Sitade rukumbi yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, iherereye mu Rwanda, yubatswe 1986, ivugururwa muri 2022 ubu ni ikirango cya za Sitade nziza mu karere, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 45 508.

  1. Newlands Stadium

Sitade ikinirwaho imikino ya Rugby iherereye muri Afurika y’Epfo ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 51 900.

  1. Mbombela Stadium

Iyi na yo yari muri Sitade 10 zubatswe ubwo Afurika y’Epfo yiteguraga kwakira Igikombe cy’Isi cya 2010, ubu ikinirwaho imikino ya Rugby, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 43 500.

  1. Centurion Park

Iyi izwi ku izina rya Supersport Park, ikaba ari yo ikipe y’Igihugu ya Cricket muri Afurika y’Epfo, yakiriraho imikino yayo, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 22 000.

Uru rutonde rukorwa buri mwaka, hari icyizere ko umwaka utaha Afurika y’Iburasirazuba yazaba ifitemo Sitade zirenze imwe, kuko mu Bihugu nka Uganda, Kenya na Tanzania hari kubakwa izindi Sitade mpuzamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − eight =

Previous Post

Amakuru agezweho ku watangaje ibihuha bica igikuba cy’ibyo yavugaga ko byabaye i Musanze

Next Post

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Related Posts

Amavubi abwiwe ijambo ryiza mbere yo gukina na Nigeria

Amavubi abwiwe ijambo ryiza mbere yo gukina na Nigeria

by radiotv10
05/09/2025
0

Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yizeje abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu kwishyurwa ibirarane by’amafaranga arimo ay’agahimbazamusyi...

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

by radiotv10
04/09/2025
0

Amahoro Stadium has been ranked seventh on the list of the top ten best stadiums in Africa, a ranking led...

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

by radiotv10
04/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwimuye ibiro bwakoreragamo mu Karere ka Kicukiro ahazwi nko kuri ‘Zinia’ bwimukira iruhande rwa BK...

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

by radiotv10
03/09/2025
0

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, yatsinze umukino wayo wa mbere muri iri...

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

by radiotv10
03/09/2025
0

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, yageze muri Nigeria, kwitegura umukino uzayihuza n’ikipe y’iki Gihugu mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe...

IZIHERUKA

Ibyo wamenya ku birori bizabaho bwa mbere mu Rwanda bizahuza imbwa zigasabana n’abazikunda bakamenyana
MU RWANDA

Ibyo wamenya ku birori bizabaho bwa mbere mu Rwanda bizahuza imbwa zigasabana n’abazikunda bakamenyana

by radiotv10
06/09/2025
0

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

05/09/2025
Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

05/09/2025
From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

05/09/2025
Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

05/09/2025
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

05/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo wamenya ku birori bizabaho bwa mbere mu Rwanda bizahuza imbwa zigasabana n’abazikunda bakamenyana

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.