• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntibumva ukuntu igishanga cyahagaritswemo Imirimo imwe ngo iracyangiza kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga

radiotv10by radiotv10
05/09/2025
in MU RWANDA
0
Ntibumva ukuntu igishanga cyahagaritswemo Imirimo imwe ngo iracyangiza kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinga umuceri mu gishanga cya Kaboza giherereye mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babujijwe gukoreramo imirimo imwe nko kwinikamo imyumbati babwirwa ko icyangiza, ariko kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga, babona ko ari byo bishobora kucyangiza kurushaho.

Aba bahinzi b’umuceri, batunga agatoki abasore bogereza ibinyabiziga, bakavuga ko bafite impungenge ko byagira ingaruka ku bihingwa byabo kubera amavuta ava muri ibyo binyabiziga.

Nyirahabineza ati “Niba baratubijije kwinika nk’imyumbati hano kuko ngo amazi y’imyumbati yangiza, ntabwo wabura kumva ko ariya mavuta niba boza ziriya modoka cyangwa Moto kwangirika k’umuceri ntibyabura.”

Mushimankuyo Jeannette na we yagize ati “Hari igihe imodoka yigeze kugwa hariya esansi igwamo kandi yababuye umuceri kandi icyo gihe nta musaruro twabonye.”

Aba bahinzi bavuga ko bariya bogereza ibinyabiziga muri iki gishanga, bashakirwa ikinamba, bakajya banabikora mu buryo bwa kinyamwuga.

Mungabarora Elias, umwe mu rubyiruko rwogereza ibinyabiziga hafi y’iki gishanga, avuga ko na bo baba bari gushaka amaramuko nk’uko abo bahinzi na bo babikora ngo babone uko babaho.

Ati “Haduhaga ibiceri tugashaka ibyo tuguramo. Hariya bari barahadukuye twajemo hano hariya bacukuramo icyobo inyuma, iyo biza kuba byiza twarigucukura ibyobo bufata amazi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama, Mbabazi Kellen yabwiye RADIOTV10 ko ikibazo bakimenye kandi ko bagiye kuganira n’uru rubyiruko.

Ati “Twarabahagaritse kuko barangiza ibinyabuzima by’ibimera kubera ariya mavuta y’imodoka amanuka. Ni ukubushakira ahandi bakogereza kuko si ho honyine hari igishanga kirimo amazi bakahogereza imodoka dore ko bari banahihaye nta buyobozi bagishije inama.”

Uyu muyobozi avuga ko batahagaritse ruriya rubyiruko ku nabi, ahubwo ko ruri gushakirwa ahandi rwajya rukorera iyi mirimo yabo rutekanye kandi rutagize ibyo rwangiza.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 19 =

Previous Post

Muri Congo hemejwe amakuru y’igaruka ry’icyorezo cya Ebola hanatangazwa umubare w’abo kimaze guhitana

Next Post

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.