Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

radiotv10by radiotv10
05/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko urwego rw’ubwikorezi n’ingendo zo mu kirere, rukwiye gushyirwamo politiki n’imirongo bituma ikiguzi cyarwo kigabanuka, bityo ingendo z’indege ntizikomeze kuba iz’ab’abifite gusa.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 04 Nzeri 2025 ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama Nyafurika ‘Aviation Africa Summit and Exhibition’ yiga ku ngendo zo mu kirere iri kubera i Kigali.

Perezida Kagame yavuze ko urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere ku Mugabane wa Afurika rukwiye gukomeza gushyirwamo impinduka kugira ngo icyerekezo cy’uyu Mugabane kigerweho.

Ati “Kuri Afurika, icyerekezo kirasobanutse, ni ugushora imari mu rwego rukomeye rw’ingendo zo mu kirere dore ko ari n’ingenzi mu kubaka umusingi w’iterambere ry’Ubukungu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu rugendo rwo gukomeza kuzamura ubukungu bw’Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere no guteza imbere urwego rw’ubukerarugendo, bisaba ko haba hari urwego rw’ingendo zo mu kirere rushinze imizi.

Ati “Imibare irivugira. Mu myaka iri imbere, abagenzi berecyeza muri Afurika bazikuba kabiri. Ku rwego rw’Umugabane hari imbaraga zashyizwemo mu gufungura ikirere cyacu binyuze mu mishinga inyuranye irimo ‘single air, Africa air transport market. Isoko Rusange Nyafurika (African Continental Free Trade Area) na ryo ni urufunguzo rw’ingenzi mu kuzamura ubukungu.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwo rukomeje kugira uruhare muri uru rugendo rwo guteza imbere isoko rusange no gufungurira amarembo abantu, rubinyujije muri politiki n’amategeko yarwo, kandi ko rwifuza ko n’ibindi Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika bibigenza uko.

Ati “Nk’urugero, twakuyeho ikiguzi cya Visa ku Banyafurika bose. Gushishikariza abagore n’abakobwa kujya mu rwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere, na byo bigomba kuza mu byihutirwa. Nituramuka tubishyize mu bikorwa neza, iyi mirongo ishobora kuzahanga imirimo myinshi n’umusingi ufatika mu guhanga udushya.”

Yavuze kandi ko Sosiyete y’u Rwanda y’indege RwandAir yaguye ibyerecyezo yerecyezamo nubwo uyu Mugabane wa Afurika ukomeje kugira imbogamizi z’igiciro kikiri hejuru ndetse n’ibura ry’ibikorwa remezo, muri uru rwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere.

Ati “Ibi bituma urujya n’uruza bw’abantu n’imizigo, birushaho guhenda ugereranyije n’uko byagakwiye. Ingendo ntabwo zikwiye kuba iz’abakire gusa. Twese dukeneye gukorana bya hafi n’inzego zacu, byumwahariko Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe na (ASECNA), kandi ni n’ingenzi guha imbaraga izi nzego kugira ngo twizere ko ubushobozi bwazo buri ku rwego rw’intego zazo mu kugira uruhare mu kugera ku cyerekezo cy’ikirere kimwe ndetse no koroshya urujya n’uruza rw’Umugabane wacu.”

Perezida Kagame yavuze ko Ibihugu by’uyu Mugabane wa Afurika bikwiye gutahiriza umugozi umwe, kuko bifite ibisabwa byose ndetse n’ubushobozi bikenewe.

Perezida Kagame ubwo yageraga muri Convention Center gufungura ku mugaragaro iyi nama
Yavuze ko abagore n’abakobwa bakwiye kwinjizwa muri uru rwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere

Perezida Kagame kandi yasuye bimwe mu bikorwa biri kumurikirwa muri iyi nama birimo indege igiye itagira umupilote igiye kwifashishwa mu ngendo mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − seven =

Previous Post

IFOTO: Hagaragajwe ikimenyetso gishimangira ko abasirikare b’u Burundi bakomeje kwinjira muri Congo guhangana na AFC/M23

Next Post

Amakuru agezweho ku watangaje ibihuha bica igikuba cy’ibyo yavugaga ko byabaye i Musanze

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Amakuru agezweho ku watangaje ibihuha bica igikuba cy’ibyo yavugaga ko byabaye i Musanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.