Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Karere ka Rusizi, yafashe icyemezo cyo gusana ikiraro gihuza aka Karere n’aka Nyamasheke, cyari kimaze imyaka ibiri cyarangijwe n’Umugezi wa Ntontwe, gusa agasaba Ubuyobozi gushyiraho akabwo kuko yakoze ibyoroheje ku buryo kidasanwe mu buryo burambye, cyakongera kikangirika.

Iki kiraro cyari kimaze imyaka ibiri cyarangijwe n’umugezi wa Ntontwe washegeshe igice cy’umuhanda ukenda gucikamo kabiri kugeza aho moto n’abanyamaguru ari bo gusa babashaga gutambuka.

Habimana Ephrem usanzwe ari umucuruzi mu isantere ya Nyakabuye muri Rusizi, avuga ko nyuma yuko imvura idasanzwe yaguye muri Kanama yari igiye kugitwara burundu ku buryo na moto zari zitangiye kujya zinyuraho zigengesereye, yahise afata umwanzuro wo gushyiraho umusanzuwe we kugira ngo  urujya n’uruza rudahagarara.

Agira ati “Njyewe impamvu nabikoze ni uko nabonaga bibangamye pe. Nafashe umwanzuro mbona ikiraro uruzi rwaragisenye nshaka abakozi baragikora. Ubu  imodoka ziri gutambuka nta kibazo.”

Abaturage bakoresha iyi nzira bishimira ko yongeye kuba nyabagendwa bagashimira mugenzi wabo watundishije amabuye akongera guhanga umuhanda bundi bushya bigatuma imodoka zongera gutambuka.

Nduwamariya Alphonsine ati “Hari ahantu imodoka itashoboraga kunyura, ndeste na moto ari moto yacagaho umuntu afite impungenge ko yagwa mu mazi. Aho rero uwo muvandimwe ahakoreye ni bwo imodoka zongeye gutambuka.”

Aba baturage ndetse na mugenzi wabo bashimira umusanzu yatanze mu gusana iki kiraro basaba Leta kucyubaka mu buryo burambye kuko ibyo yakoze kwari ugufasha by’igihe gito, bagasanga imvura y’umuhindo itazasiga iki kiraro amahoro.

Bimenyimana Fiacre ati “Ibi ni ubwifashisho kuko turi mu mpeshyi, Ubwo ni ukuvuga ngo imvura nigwa mu kwa cumi n’abiri ibi byose bizagenda.”

Habimana na we ati “Ni ibyo kwifashisha igihe gito kuko uruzi rwuzuye rwakongera rukabitwara. Turacyasaba ubuyobozi ko bwatwubakira ikiraro mu buryo burambye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Phanuel Sindayiheba ashimira uyu muturage ku gikorwa cy’ubwitange yakoze, akagaragaza ko iki kibazo Akarere kagishyize mu byihutirwa kandi ko inzira zo kugikemura zatangiye.

Agira ati “Ni urugero rwiza rw’ubwitange n’ubufatanye bw’abaturage mu gufasha no kwishakamo ibisubizo. Turamenyesha abaturage ko akarere ka Rusizi kafashe iki kibazo nk’icyihutirwa, kandi hari igenzura rimaze gukorwa rigamije igisubizo kirambye. Ku butatanye na RTDA inyigo yamaze gukorwa mu buryo bw’ubutabazi mbere y’igihe cy’imvura giteganyijwe mu Kuboza. Hazakorwa imirimo y’ibanze mu buryo bwihuse ituma urujya n’uruza rw’abantu rukomeza. Ibi bizafasha ko hategurwa uburyo burambye bwo kubaka iki kiraro.”

Imirimo yo gutundisha amabuye n’igitaka byakoreshwe mu kongera gukora igice cy’umuhanda gifashe iki kiraro, Habimana avuga ko byamutwaye amafaranga ari hagati y’ibihumbi 500 na miliyoni 1 Frw, abaturage bakamushimira ko nibura bigiye gutuma iyi nzira imara kabiri.

Urujya n’uruza rw’ibinyabiziga rwongeye
Abanyamaguru na bo barambuka

Na moto ziragenda ntacyo zikanga

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 17 =

Previous Post

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

Next Post

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Related Posts

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

by radiotv10
28/10/2025
0

The Government of Rwanda has announced that the new digital national ID project, estimated to cost over Rwf 100 billion,...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

by radiotv10
28/10/2025
0

It has been a hundred years since the Anglican Church of Rwanda established its first roots on the hills of...

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

by radiotv10
28/10/2025
0

Umuryango wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, urashimira ubuvugizi wakorewe bwatumye umubyeyi wawo wari umaze igihe arembeye...

IZIHERUKA

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion
MU RWANDA

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

by radiotv10
28/10/2025
0

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

28/10/2025
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

28/10/2025
Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

28/10/2025
Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.