Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Karere ka Rusizi, yafashe icyemezo cyo gusana ikiraro gihuza aka Karere n’aka Nyamasheke, cyari kimaze imyaka ibiri cyarangijwe n’Umugezi wa Ntontwe, gusa agasaba Ubuyobozi gushyiraho akabwo kuko yakoze ibyoroheje ku buryo kidasanwe mu buryo burambye, cyakongera kikangirika.

Iki kiraro cyari kimaze imyaka ibiri cyarangijwe n’umugezi wa Ntontwe washegeshe igice cy’umuhanda ukenda gucikamo kabiri kugeza aho moto n’abanyamaguru ari bo gusa babashaga gutambuka.

Habimana Ephrem usanzwe ari umucuruzi mu isantere ya Nyakabuye muri Rusizi, avuga ko nyuma yuko imvura idasanzwe yaguye muri Kanama yari igiye kugitwara burundu ku buryo na moto zari zitangiye kujya zinyuraho zigengesereye, yahise afata umwanzuro wo gushyiraho umusanzuwe we kugira ngo  urujya n’uruza rudahagarara.

Agira ati “Njyewe impamvu nabikoze ni uko nabonaga bibangamye pe. Nafashe umwanzuro mbona ikiraro uruzi rwaragisenye nshaka abakozi baragikora. Ubu  imodoka ziri gutambuka nta kibazo.”

Abaturage bakoresha iyi nzira bishimira ko yongeye kuba nyabagendwa bagashimira mugenzi wabo watundishije amabuye akongera guhanga umuhanda bundi bushya bigatuma imodoka zongera gutambuka.

Nduwamariya Alphonsine ati “Hari ahantu imodoka itashoboraga kunyura, ndeste na moto ari moto yacagaho umuntu afite impungenge ko yagwa mu mazi. Aho rero uwo muvandimwe ahakoreye ni bwo imodoka zongeye gutambuka.”

Aba baturage ndetse na mugenzi wabo bashimira umusanzu yatanze mu gusana iki kiraro basaba Leta kucyubaka mu buryo burambye kuko ibyo yakoze kwari ugufasha by’igihe gito, bagasanga imvura y’umuhindo itazasiga iki kiraro amahoro.

Bimenyimana Fiacre ati “Ibi ni ubwifashisho kuko turi mu mpeshyi, Ubwo ni ukuvuga ngo imvura nigwa mu kwa cumi n’abiri ibi byose bizagenda.”

Habimana na we ati “Ni ibyo kwifashisha igihe gito kuko uruzi rwuzuye rwakongera rukabitwara. Turacyasaba ubuyobozi ko bwatwubakira ikiraro mu buryo burambye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Phanuel Sindayiheba ashimira uyu muturage ku gikorwa cy’ubwitange yakoze, akagaragaza ko iki kibazo Akarere kagishyize mu byihutirwa kandi ko inzira zo kugikemura zatangiye.

Agira ati “Ni urugero rwiza rw’ubwitange n’ubufatanye bw’abaturage mu gufasha no kwishakamo ibisubizo. Turamenyesha abaturage ko akarere ka Rusizi kafashe iki kibazo nk’icyihutirwa, kandi hari igenzura rimaze gukorwa rigamije igisubizo kirambye. Ku butatanye na RTDA inyigo yamaze gukorwa mu buryo bw’ubutabazi mbere y’igihe cy’imvura giteganyijwe mu Kuboza. Hazakorwa imirimo y’ibanze mu buryo bwihuse ituma urujya n’uruza rw’abantu rukomeza. Ibi bizafasha ko hategurwa uburyo burambye bwo kubaka iki kiraro.”

Imirimo yo gutundisha amabuye n’igitaka byakoreshwe mu kongera gukora igice cy’umuhanda gifashe iki kiraro, Habimana avuga ko byamutwaye amafaranga ari hagati y’ibihumbi 500 na miliyoni 1 Frw, abaturage bakamushimira ko nibura bigiye gutuma iyi nzira imara kabiri.

Urujya n’uruza rw’ibinyabiziga rwongeye
Abanyamaguru na bo barambuka

Na moto ziragenda ntacyo zikanga

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + eighteen =

Previous Post

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

Next Post

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Related Posts

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

IZIHERUKA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje
MU RWANDA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.