Tuesday, September 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yatangije ku mugaragaro umwaka w’amashuri wa 2025-2026, yifatanya n’abanyeshuri bo mu Ishuri rimwe mu Mujyi wa Kigali, abasaba kuzakurikira neza amasomo, anibutsa ababyeyi ko ari ngombwa gukurikirana imyigire y’abana babo.

Joseph Nsengimana, yatangije umwaka w’amashuri kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nzeri 2025, aho yari ku Rwunge rw’Amashuri (G.S) Kicukiro mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Mu gikorwa cyanagaragayemo kubanza gushyiraho ka molare ku banyeshuri, babifashijwemo n’abarezi babo na Minisitiri ubwe, yabasabye kuzarangwa no kumvira inama z’abarimu n’ubuyobozi bw’ishuri.

Minisitiri Joseph Nsengimana, yasabye kandi abanyeshuri kujya bakurikira mu ishuri, ndetse inama bagiriwe n’abayobozi b’ishuri n’abandi barezi, bakazumvira uko zakabaye.

Yagize ati “Banyeshuri, ndabasaba gukurikira amasomo yanyu neza, mukiga mushyizeho umwete kugira ngo murusheho gutsinda.”

Yanaboneyeho kwibutsa ababyeyi inshingano zabo ku myigire y’abana babo, ababwira ko ari ngombwa gukurikirana uko bitwara ku ishuri n’uburyo batsinda.

Yagize ati “Twasaba ko ababyeyi bajya begera amashuri bakababaza uko abana bakora, bakababaza ibyo bashobora gukora kugira ngo bafashe abana kwiga.”

Yanasabaye kandi kujya batanga ibyangombwa bikenerwa kugira ngo abana babo babashe kwiga neza, birimo ibikoresho ndetse n’ibindi byose bigenwa n’ubuyobozi bw’Ishuri.

Minisitiri w’Uburezi kandi yanasabye abarezi n’abayobozi b’amashuri kurushaho kugira uruhare mu gutanga uburezi bufite ireme, barushaho gukurikiza ibiteganywa n’integanyagisho, ndetse bakarushaho gukorana hagati yabo, ariko banakorana n’ababyeyi barerera mu bigo bakoramo.

Minisitiri w’Uburezi yabanje kugirana molare n’abanyeshuri
Yabasabye kujya bakurikira mu gihe bari kwiga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + three =

Previous Post

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

Next Post

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

Related Posts

Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

by radiotv10
09/09/2025
0

Impanuka y’urukuta rw’urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyirahindwe ruri kubakwa mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke, rwagwiriye abakozi, yahitanye abantu...

Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

by radiotv10
09/09/2025
0

Abo mu muryango w’umusore w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, wicishijwe ishoka n’uwari gushyamirana n’umuvandimwe...

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

by radiotv10
09/09/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Abambasaderi bane baje guhagarararira Ibihugu byabo mu Rwanda, barimo uwa Brazil, wavuze ko yifuza kubona amwe...

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

by radiotv10
08/09/2025
0

Abanyamakuru batatu bakora ibiganiro ku miyoboro ya YouTube, baherutse gutabwa muri yombi mu Karere ka Bugesera, amakuru aravuga ko bashobora...

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

by radiotv10
08/09/2025
0

Bamwe mu babanye n’abakoranye na Lt Gen Innocent Kabandana, wari umwe mu basirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda witabye Imana,...

IZIHERUKA

Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe
FOOTBALL

Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe

by radiotv10
09/09/2025
0

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

09/09/2025
Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

09/09/2025
FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

09/09/2025
Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

09/09/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yashyize hanze urutonde rw’ibyaha ishinja ubutegetsi bwa Tshisekedi

09/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.