• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

radiotv10by radiotv10
16/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za America, hatanzwe itegeko ko ivanwa mu nzu ndangamateka ku itegeko ry’ubutegetsi bwa Donald Trump.

Iyi foto yafashwe na ba gafotozi babiri bo muri Baton Rouge, yari muri Pariki z’Igihugu; iya Harpers Ferry National Historic Park mu Virginia y’Iburengerazuba ndetse no mu nzu iri muri Philadelphia ya George Washington wabaye Perezida wa mbere wa America, yanatungiyemo abacakara icyenda.

Iyi ifoto ni mu bibumbano birenga 10 byagaragazaga amateka y’ubucakara mu zindi nzu ndangamateka, byashyiriweho itegeko n’ubutegetsi bwa Trump ko bigomba kuvanwa aho byari biri.

Ngo ayo mashusho anyuranyije n’ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko rijyanye no “kugaragaza ukuri n’imyumvire ku mateka y’Abanyamerika” ryashyizweho muri Werurwe ryategetse Minisiteri y’Umutekano gukuraho ibibumbano ndetse n’inzu ndangamurage birimo “amakuru ahabanye n’ahahise n’imibereho by’Abanyamerika.”

Iri tegeko rishinja ubutegetsi bwa Biden kwimakaza “ingengabitekerezo idakwiye” ishyira Leta Zunze Ubumwe za America mu mwanya wo gushyira imbere “ivanguraruhu, ivangura rishingiye ku gitsinda, ikandamiza n’ibindi bikorwa bidakwiye.”

Ikinyamakuru Washington Post kivuga ko ayo mategeko yasobanuye mu buryo bwagutse ibyerekeye “amakuru ku ivanguraruhu, ivangura rishingiye ku gitsina, uburenganzira bw’abaryamana bahuje igitsina cyangwa gutoteza abantu basigajwe inyuma n’amateka.”

Umuvugizi wa Serivisi za Pariki y’Igihugu, yavuze ko ibishushanyo byose biri gusuzumwa, ariko ntakwemeza ibigomba gukurwaho.

Yagize ati “Ibikoresho byose bifite ibisobanuro bitari mu murongo mwiza bishimangira amateka mabi ya US cyangwa ibimenyetso by’amateka, bitari mu murongo wagutse cyangwa mu nzira ijya imbere, bishobora kugoreka imyumvire y’abantu aho kuyizamura.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 13 =

Previous Post

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Next Post

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.