Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyezamu wa Rayon Sports FC, Umunye-Congo Brazzaville Pavelh Ndzila yatanze inama ku cyakorwa ngo ikipe ye isezerere Singida Black Stars yo muri Tanzania.

Mu kiganiro cyihariye, Pavelh Ndzila yahaye RADIOTV10, yavuze ko gusezerera iyi kipe muri iri rushanwa rya CAF Confederation Cup bishoboka ariko mu gihe habaho gushyira hamwe kw’inzego zose zigize Rayon Sports FC.

Pavelh Ndzilla niwe mukinnyi wa nyuma wasinyiye Rayon Sports FC muri iyi mpeshyi, nyuma y’imyaka ibiri akinira APR FC.

Muri iyo myaka ibiri, APR FC yagiye isezererwa na Pyramids FC yo mu misiri mu marushanwa ya CAF Champions league.

Mu mwaka wa kabiri, iyi kipe y’ingabo yasezerewe ku kiciro cya kabiri ( Round 2) nyuma yo gusezerera Azam FC nayo yo muri Tanzania muri Round ya 1.

Kuba yongeye guhura n’ikipe yo muri Tanzania ari muri Rayon Sports FC niho yahereye ahishura urufunguzo rwo gusezerera Singida Black Stars.

Yagize ati “ Singida siyo kipe ikomeye muri Afrika, kuyisezerera bisaba gushyira hamwe, abayobozi bakavuga rumwe, abatoza n’abakinnyi bakavuga rumwe, Singida yavamo kuko Rayon Sports ni ikipe nziza ifite abakinnyi bakiri bato bavanzemo n’abafite ubunararibonye…”

Pavelh Ndzila avuze ibi asa n’ukebura aba-Rayon bamaze iminsi bavugwamo kudashyira hamwe cyane cyane mu buyobozi.

Umukino ubanza wa Rayon Sports FC na Singida Black Stars uteganyijwe kuwa gatandatu taliki ya 20 Nzeli 2025 saa 19h00 kuri Kigali Pele Stadium, mu gihe uwo kwishyura uzaba mu mpera z’icyumweru kizakurikiraho.

Uyu mukino ubanza uzayoborwa n’abasifuzi bo muri Eswatini , haba uwo hagati n’abandi babiri bamwungirije.

Singida Black Stars yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu taliki ya 17 Nzeli 2025 ahagana saa 17h00.

Yazanye intwaro zayo zikomeye zirimo Kapiteni wa Uganda Cranes Khalid Auco, Clatous Chama, Kibabage bose banyuze mu ikipe ya Yanga.

Singida ije gukina uyu mukino nyuma y’iminsi mike yegukanye irushanwa rya “CECAFA KAGAME CUP” ryaberega i Dar Es Salaam muri Tanzania itsinze    ku mukino wa nyuma Al Hilal Omdurman ya Sudan ibitego bibiri kuri kimwe.

APR FC yari ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa yagarukiye muri kimwe cya kabiri isezerewe na Al Hilal Omdurman, gusa yaje kwegukana umwanya wa gatatu itsinze KMC igitego kimwe ku busa.

Rayon Sports FC yaherukaga muri iyi mikino ya CAF Confederation Cup muri 2023 ubwo yasezererwaga na Al Hilal Benghazi mu mikino yombi yari yabereye mu Rwanda kubera icyunamo cyari muri Libya yari yapfushije abaturage bahitanywe n’imyuzure.

Pavelh Ndzila twaganiriye
Yagiriye inama Rayon

Singida yo yamaze gusesekara mu Rwanda

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + seven =

Previous Post

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Next Post

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.