• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyezamu wa Rayon Sports FC, Umunye-Congo Brazzaville Pavelh Ndzila yatanze inama ku cyakorwa ngo ikipe ye isezerere Singida Black Stars yo muri Tanzania.

Mu kiganiro cyihariye, Pavelh Ndzila yahaye RADIOTV10, yavuze ko gusezerera iyi kipe muri iri rushanwa rya CAF Confederation Cup bishoboka ariko mu gihe habaho gushyira hamwe kw’inzego zose zigize Rayon Sports FC.

Pavelh Ndzilla niwe mukinnyi wa nyuma wasinyiye Rayon Sports FC muri iyi mpeshyi, nyuma y’imyaka ibiri akinira APR FC.

Muri iyo myaka ibiri, APR FC yagiye isezererwa na Pyramids FC yo mu misiri mu marushanwa ya CAF Champions league.

Mu mwaka wa kabiri, iyi kipe y’ingabo yasezerewe ku kiciro cya kabiri ( Round 2) nyuma yo gusezerera Azam FC nayo yo muri Tanzania muri Round ya 1.

Kuba yongeye guhura n’ikipe yo muri Tanzania ari muri Rayon Sports FC niho yahereye ahishura urufunguzo rwo gusezerera Singida Black Stars.

Yagize ati “ Singida siyo kipe ikomeye muri Afrika, kuyisezerera bisaba gushyira hamwe, abayobozi bakavuga rumwe, abatoza n’abakinnyi bakavuga rumwe, Singida yavamo kuko Rayon Sports ni ikipe nziza ifite abakinnyi bakiri bato bavanzemo n’abafite ubunararibonye…”

Pavelh Ndzila avuze ibi asa n’ukebura aba-Rayon bamaze iminsi bavugwamo kudashyira hamwe cyane cyane mu buyobozi.

Umukino ubanza wa Rayon Sports FC na Singida Black Stars uteganyijwe kuwa gatandatu taliki ya 20 Nzeli 2025 saa 19h00 kuri Kigali Pele Stadium, mu gihe uwo kwishyura uzaba mu mpera z’icyumweru kizakurikiraho.

Uyu mukino ubanza uzayoborwa n’abasifuzi bo muri Eswatini , haba uwo hagati n’abandi babiri bamwungirije.

Singida Black Stars yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu taliki ya 17 Nzeli 2025 ahagana saa 17h00.

Yazanye intwaro zayo zikomeye zirimo Kapiteni wa Uganda Cranes Khalid Auco, Clatous Chama, Kibabage bose banyuze mu ikipe ya Yanga.

Singida ije gukina uyu mukino nyuma y’iminsi mike yegukanye irushanwa rya “CECAFA KAGAME CUP” ryaberega i Dar Es Salaam muri Tanzania itsinze    ku mukino wa nyuma Al Hilal Omdurman ya Sudan ibitego bibiri kuri kimwe.

APR FC yari ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa yagarukiye muri kimwe cya kabiri isezerewe na Al Hilal Omdurman, gusa yaje kwegukana umwanya wa gatatu itsinze KMC igitego kimwe ku busa.

Rayon Sports FC yaherukaga muri iyi mikino ya CAF Confederation Cup muri 2023 ubwo yasezererwaga na Al Hilal Benghazi mu mikino yombi yari yabereye mu Rwanda kubera icyunamo cyari muri Libya yari yapfushije abaturage bahitanywe n’imyuzure.

Pavelh Ndzila twaganiriye
Yagiriye inama Rayon

Singida yo yamaze gusesekara mu Rwanda

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Next Post

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.