Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwavuze ko ubukwe bwe abufata nk’ibirori by’isabukuru yahishuye ko uwo basezeranye asanganywe abagore bane

radiotv10by radiotv10
17/12/2021
in IMYIDAGADURO
0
Uwavuze ko ubukwe bwe abufata nk’ibirori by’isabukuru yahishuye ko uwo basezeranye asanganywe abagore bane
Share on FacebookShare on Twitter

Akayezu Odette uherutse kuvugwa mu makuru yagarutsweho cyane mu Rwanda kubera umugabo basezeranye [mu idini] wamusanganye n’undi mugabo, yavuze ko uyu mugabo basezeranye yamubeshye ibintu byinshi ku buryo yaje kumenya ko afite abagore bane ndetse ngo afite n’abuzukuru.

Mu nkuru yatambutse kuri BTN TV ikagarukwaho cyane, igarukamo umugabo witwa Michel Muhima [bakunda kwita Mike] wavugaga ko yari yaragiye mu kazi aho agarukiye agasanga iwe hari undi mugabo ndetse aryamanye n’umugore baherutse gukora ubukwe.

Muri iyi nkuru, umugore wa Michel witwa Akayezu Odette agera aho avuga ko ubukwe bwabo abufata nk’ibirori by’isabukuru kuko umugabo we yari yarabiteguye ashaka kumutekaho imitwe.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel Isimbi, Akayezu Odette avuga ko yamenyanye na Michel muri Mata uyu mwaka ubwo bahuriraga ku mudozi w’imyenda akamutuma kuri uwo mudozi ko yamukunze kandi yifuza ko bakundana.

Uyu Akayezu Odette avuga ko urukundo rwabo rwaje gukomera uyu Michel akamwemerera ko yatandukanye n’umugore yari yashatse bwa mbere ariko aza kumenya amakuru ko afite abandi bagore babyaranye.

Ati “Abo bandi babiri naje kubamenya nyuma twarabanye. Mike afite abagore batatu n’abana batanu [abo yemera]”

Akayezu Odette avuga ko amakuru y’abagore bandi ba Mike yayamenye baramaze gusezerana, akabimubazaho undi akamubwira ko hari undi mugore umwe babanye ariko akaza kumwiba.

Akayezu Odette ubara inkuru ye akanyuzamo akarira amarira agashoka, avuga ko uyu Mike yamubeshye ibintu byinshi akaza kubitahura nyuma, avuga ko amafaranga yose yari afite kuri konti yagiye akayabikuza kugira ngo bategure ubukwe ndetse banatunganye mu rugo kugira ngo bahakorere ubukwe hasa neza.

Ngo bamaze gusezerana mu idini, Mike yakoemeje kotsa igitutu umugore amusaba kugurisha aho batuye ubundi bakajya kugura ahandi ariko undi amubera ibamba.

Ngo ibi byazamuye umwuka mubi barabipfa ari na byo byabaye itangiriro yo kujya avugana n’umugabo yabasanganye baryamanye.

 

Ibyo kuryamana ntabyabaye

Ngo mu minsi ishize Mike yongeye gusaba Odette ngo batange ingwate y’iriya nzu ngo ubundi bafate inguzanyo muri Banki.

Uyu mugore avuga ko Mike yahise amwihenuraho akamubwira ko yigiriye muri Congo, ati “Nkavuga nti ‘ese Mana aya mafaranga se nge kuyasinyira?’ umutima ukandya rimwe na rimwe nkabimwemerera ubundi nkumva ubwoba buranyishe.”

Muri icyo gihe ni bwo Mike yafashe umwanzuro wo kuva mu rugo ariko aza kumuhamagara amubwira ko agiye kugaruka i Kigali aho aziye yongera kumubwira ko agomba kumuha imitungo akaba ari we uyicunga nanone bongera kutabihurizaho.

Akayezu avuga ko Mike yakomeje kumucyurira, bituma umujinya umuzamukana “mpita mubwira nti ‘umaze iminsi uncyurira inzu noneho nanjye ngiye kukwereka ko ari iwanjye, n’ubundi umaze iminsi umbwira ko ngomba kubaho ubuzima bwanjye nawe ukabaho ubwawe…’mfata telephone mpamagara…[izina ry’umugabo wagaragaye ko baryamanye] ndamutekerereje stress mazemo iminsi.”

Avuga ko muri iryo joro nka saa cyenda n’igice ari bwo yasabye uwo mugabo ko yaza bakaganira kubera agahinda yari afite, yangiriye impuhwe angeraho nka saa kumi n’igice.

Ngo bucyeye ni bwo Mike yaje agasanga uwo mugabo agihari “ndamubwira nti ‘urapfuye, iruka jya muri kiriya cyumba ufunge atakwica’ ubwo yahise ahaguruka ajya mu cyumba arafunga.”

Akayezu avuga ko atigeze aryamana n’umugabo byagaragaye mu nkuru ko bari baryamanye.

Akayezu Odette avuga ko umugabo wagaragaye mu mashusho asohoka mu cyumba cy’uburiri, yari asanzwe amugira inama kubera ibyo bibazo byose yari arimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 9 =

Previous Post

Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Next Post

Perezida Kagame ari muri Turkey mu nama ikomeye izayoborwa na Erdoğan

Related Posts

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ari muri Turkey mu nama ikomeye izayoborwa na Erdoğan

Perezida Kagame ari muri Turkey mu nama ikomeye izayoborwa na Erdoğan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.