Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwavuze ko ubukwe bwe abufata nk’ibirori by’isabukuru yahishuye ko uwo basezeranye asanganywe abagore bane

radiotv10by radiotv10
17/12/2021
in IMYIDAGADURO
0
Uwavuze ko ubukwe bwe abufata nk’ibirori by’isabukuru yahishuye ko uwo basezeranye asanganywe abagore bane
Share on FacebookShare on Twitter

Akayezu Odette uherutse kuvugwa mu makuru yagarutsweho cyane mu Rwanda kubera umugabo basezeranye [mu idini] wamusanganye n’undi mugabo, yavuze ko uyu mugabo basezeranye yamubeshye ibintu byinshi ku buryo yaje kumenya ko afite abagore bane ndetse ngo afite n’abuzukuru.

Mu nkuru yatambutse kuri BTN TV ikagarukwaho cyane, igarukamo umugabo witwa Michel Muhima [bakunda kwita Mike] wavugaga ko yari yaragiye mu kazi aho agarukiye agasanga iwe hari undi mugabo ndetse aryamanye n’umugore baherutse gukora ubukwe.

Muri iyi nkuru, umugore wa Michel witwa Akayezu Odette agera aho avuga ko ubukwe bwabo abufata nk’ibirori by’isabukuru kuko umugabo we yari yarabiteguye ashaka kumutekaho imitwe.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel Isimbi, Akayezu Odette avuga ko yamenyanye na Michel muri Mata uyu mwaka ubwo bahuriraga ku mudozi w’imyenda akamutuma kuri uwo mudozi ko yamukunze kandi yifuza ko bakundana.

Uyu Akayezu Odette avuga ko urukundo rwabo rwaje gukomera uyu Michel akamwemerera ko yatandukanye n’umugore yari yashatse bwa mbere ariko aza kumenya amakuru ko afite abandi bagore babyaranye.

Ati “Abo bandi babiri naje kubamenya nyuma twarabanye. Mike afite abagore batatu n’abana batanu [abo yemera]”

Akayezu Odette avuga ko amakuru y’abagore bandi ba Mike yayamenye baramaze gusezerana, akabimubazaho undi akamubwira ko hari undi mugore umwe babanye ariko akaza kumwiba.

Akayezu Odette ubara inkuru ye akanyuzamo akarira amarira agashoka, avuga ko uyu Mike yamubeshye ibintu byinshi akaza kubitahura nyuma, avuga ko amafaranga yose yari afite kuri konti yagiye akayabikuza kugira ngo bategure ubukwe ndetse banatunganye mu rugo kugira ngo bahakorere ubukwe hasa neza.

Ngo bamaze gusezerana mu idini, Mike yakoemeje kotsa igitutu umugore amusaba kugurisha aho batuye ubundi bakajya kugura ahandi ariko undi amubera ibamba.

Ngo ibi byazamuye umwuka mubi barabipfa ari na byo byabaye itangiriro yo kujya avugana n’umugabo yabasanganye baryamanye.

 

Ibyo kuryamana ntabyabaye

Ngo mu minsi ishize Mike yongeye gusaba Odette ngo batange ingwate y’iriya nzu ngo ubundi bafate inguzanyo muri Banki.

Uyu mugore avuga ko Mike yahise amwihenuraho akamubwira ko yigiriye muri Congo, ati “Nkavuga nti ‘ese Mana aya mafaranga se nge kuyasinyira?’ umutima ukandya rimwe na rimwe nkabimwemerera ubundi nkumva ubwoba buranyishe.”

Muri icyo gihe ni bwo Mike yafashe umwanzuro wo kuva mu rugo ariko aza kumuhamagara amubwira ko agiye kugaruka i Kigali aho aziye yongera kumubwira ko agomba kumuha imitungo akaba ari we uyicunga nanone bongera kutabihurizaho.

Akayezu avuga ko Mike yakomeje kumucyurira, bituma umujinya umuzamukana “mpita mubwira nti ‘umaze iminsi uncyurira inzu noneho nanjye ngiye kukwereka ko ari iwanjye, n’ubundi umaze iminsi umbwira ko ngomba kubaho ubuzima bwanjye nawe ukabaho ubwawe…’mfata telephone mpamagara…[izina ry’umugabo wagaragaye ko baryamanye] ndamutekerereje stress mazemo iminsi.”

Avuga ko muri iryo joro nka saa cyenda n’igice ari bwo yasabye uwo mugabo ko yaza bakaganira kubera agahinda yari afite, yangiriye impuhwe angeraho nka saa kumi n’igice.

Ngo bucyeye ni bwo Mike yaje agasanga uwo mugabo agihari “ndamubwira nti ‘urapfuye, iruka jya muri kiriya cyumba ufunge atakwica’ ubwo yahise ahaguruka ajya mu cyumba arafunga.”

Akayezu avuga ko atigeze aryamana n’umugabo byagaragaye mu nkuru ko bari baryamanye.

Akayezu Odette avuga ko umugabo wagaragaye mu mashusho asohoka mu cyumba cy’uburiri, yari asanzwe amugira inama kubera ibyo bibazo byose yari arimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Next Post

Perezida Kagame ari muri Turkey mu nama ikomeye izayoborwa na Erdoğan

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ari muri Turkey mu nama ikomeye izayoborwa na Erdoğan

Perezida Kagame ari muri Turkey mu nama ikomeye izayoborwa na Erdoğan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.