Wednesday, September 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Yatashywe n’ubwoba ubwo yabyukaga agasanga imisaraba ibiri yegetse ku rugi

radiotv10by radiotv10
20/12/2021
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Yatashywe n’ubwoba ubwo yabyukaga agasanga imisaraba ibiri yegetse ku rugi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro yabyutse asanga imisaraba ibiri yegetse ku rugi rw’urugo rwe bikaba bikekwa ko byakozwe n’abana be.

Uyu mubyeyi witwa Nturanyenabo Euphrasienne utuye mu mudugudu wa Kampi mu Kagari ka Nyagahinika, asanzwe afitanye amakimbirane n’abana be bishingiye ku mitungo bikaba bikekwa ko ari na bo bazanye iyi misaraba ibiri yabonye ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021.

Rutayisire Deogratias uyobora Umurenge wa Kigeyo avuga ko aba bahungu basanzwe bafitanye ibibazo n’umubyeyi wabo, bahise batabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise rutangira iperereza.

Ubwo uriya mubyeyi yabyukaga agasanga iriya misaraba ibiri mu rugo rwe, yavuze ko ntabandi abishinja atari abahungu be kuko ntawundi muntu bafitanye ibibazo.

Bahise babaza aba bahungu niba ari bo bazanye iriya misaraba ariko babitera utwatsi gusa bavuga ko bafitanye ibibazo na nyina.

Uyu muyobozi avuga ko abo bahungu n’umubyeyi wabo bagerageje kubunga ariko bikaba iby’ubusa ahubwo bagasubiranamo.

Ati “Rero twari turi kumwe na RIB dufata umwanzuro ko RIB ibatwara ikajya gukora iperereza ku by’iyo misaraba.”

Ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021, bariya bahungu bahise bafatwa ariko baza kurekurwa basabwa kuza kwitaba kuri uyu wa Mbere.

Nturanyenabo Euphrasienne yavuze ko abana be nubwo ari abagabo bubatse, ariko badahwema kumubuza amahoro kuko bajya banashaka kumutema n’imihoro.

Uyu mubyeyi avuga ko ibi bikorwa by’abahungu be, babikoreshwa n’abandi bana abereye mukase.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 15 =

Previous Post

Ntitwari tuzi ko Polisi ibimenya- Umwe mu bafashwe basengera mu nzu y’umuturage

Next Post

Kicukiro: Urubyiruko rwafatiwe mu rugo rwahahinduye akabari n’akabyiniro

Related Posts

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

by radiotv10
03/09/2025
0

A new lake is about to be created in Rwanda, located between the Northern, Southern, and Western Provinces. It will...

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

by radiotv10
03/09/2025
0

Hashyizwe hanze amashusho yerekana ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique mu guhangana n’ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado, aho...

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

by radiotv10
02/09/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’u Rwanda yo kuba hari igice cy’Abanyarwanda bigeze kumara igihe kinini ari impunzi na...

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
02/09/2025
0

Mu Rwanda hagiye kuvuka ikiyaga gishya kiri guhangwa hagati y'Intara y'Amajyaruguru, iy’Amajyepfo n'iy’Iburengerazuba, kizuzura gitwaye miliyari 320 Frw cyitezweho kuzanira...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Inama zigirwa abanyeshuri batsinzwe ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
02/09/2025
0

Minisitiri w’Uburezi aragira inama abanyeshuri batabashije gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, kujya gusibira, kandi bagatangirana n’abandi kuko imyanya...

IZIHERUKA

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know
IMIBEREHO MYIZA

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

by radiotv10
03/09/2025
0

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

03/09/2025
Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

02/09/2025
Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

02/09/2025
Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

02/09/2025
Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

02/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Urubyiruko rwafatiwe mu rugo rwahahinduye akabari n’akabyiniro

Kicukiro: Urubyiruko rwafatiwe mu rugo rwahahinduye akabari n’akabyiniro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.