Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

radiotv10by radiotv10
02/11/2025
in MU RWANDA
0
Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
Share on FacebookShare on Twitter

Mu irushanwa ry’imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n’ibigo by’amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École de science de Byimana ryo mu Karere ka Ruhango.

Ni ibirori byateguwe Rwanda Olympiad Program, ku bufatanye bwA AIMS Rwanda na University of Rwanda ishami ryayo rya Kigali ry’ubumenyi n’Ikoranabuhanga (College of Science and Technology).

Amashuri atatu yahize ayandi mu gihugu ni :

1. École de science de Byimana
2. ⁠Hope Haven Christian Secondary School
3. ⁠Groupe scholaire Agateko

Rukundo Jean D’Amour umwalimu w’imibare muri Ecole de science Byimana yavuze ko bishimye cyane kuba bahize abandi ikindi kandi ngo yishimira abanyeshuri baca mu biganza bye bahiga abandi mu rwego rw’igihugu no kuruhando mpuzamahanga.

Yagize ati “Turishimye ko twahize abanda mu marushanwa y’imibare ategurwa na AIMS RWANDA aho bakora ibizamini mu rwego rw’igihugu ,urw’ afrika ndetse no kurwego mpuzamahanga aho hose muri ayo marushanwa tuba tuhafite abanyeshuri,twishimiye rero kuba tuza mu myanya y’imbere kandi n’abanyeshuri bacu bagatsinda neza bagahiga abanda, tunafite abanyeshuri barenga batanu babonye MIT Kaminuza ikomeye ku rwego rw’isi hari n’undi uri Harvard.”

Ibi bivuze iki ku mwalimu ufite abanyeshuri banyuze mubiganza bye bari ku rwego mpuzamahanga mu mibare? Asubiza iki kibazo ati ”Biradushimisha cyane bikanatwubaka bigatuma tukunda umwuga wacu kandi tukawukora twishimye,bigatuma duhora dushaka guhanga utushya kugirango duhore kw’isonga duhore tubahiga.”

Hahembwe n’abarimu baturutse mu bigo bitandukanye bigisha imibare barimo Nyiransabima Jacqueline wigisha kuri Ecole de Science de Gisenyi i Rubavu wahembwe mubarimu bakoze neza yabwiye RadioTv10 ko aho yigisha bageza gufasha abana biciye mu maClubs abana bahuriramo bagasubira mumasomo.

Ati “Kuri Ecole de Science de Gisenyi abana batsinda neza ,tugerageza kubafasha biciye mu ma clubs abana bahuriramo bakiga bagasubira mu masomo,aho niho tubategurira bagakora ubushakashatsi,tukabatoza gusoma ibitabo bakiga neza kandi bakabitsinda.”

Abanyeshuri bahembwe baturutse mu gihugu cyose mu bigo by’amashuri bitandukanye abakobwa n’abahungu mu byiciro bito abiga mu cyiriro rusange no mucyiro kisumbuye (Best Junior and senior Girls and Boys) Barimo IHIRWE RUKUNDO Bertin wabaye uwambere mu mibare wiga mu mwaka wa gatatu wiga GS Saint Mathieu Busasamana I Rubavu yavuze ko amarushanwa y’imibare yamufunguye mu mutwe

Ati ”Aya marushanwa natangiye kuyitabira niga mu wa mbere ntabintu byinshi nzi ariko ubu maze kumenya ibintu byinshi mu mibare byanzamuriye urwego.”

Rukundo Promesse wiga muri Ecole de science Byimana wahagarariye igihugu muri Olympiad mu Bushinwa umwaka ushize yabwiye Radiotv10 ko u rwanda ruri hasi ku rwego mpuzamahanga.

Ati” Ngereranyije n’abandi twahariye kandi u Rwanda nibwo bwa mbere twari twitabiriye ntabwo turi hasi cyokoze turasabwa gushyiramo imbaraga kuko muri interport yacu baduhaye 295 muri 384 twakoranye.”

Kurujyibwami Celestin HoD, Mathematics Dpt, UR-CSTE uharariye imibare muri Kaminuza y’u Rwanda na Rwanda Olympiad Program yabwiye RadioTV10 ko icyari kigamijwe mu guhemba abana ari ukugirango babereko ibyo bakora bifite intego zinjira mu ntego zigihugu

Ati “Icyari kigamijwe duhemba aba bana bitwaye neza ni ukugirango bashyiremo umuhate bamenye ko ejo hazaza aribo bazabigiramo uruhare hifashishijwe amasomo biga tubifashijwemo na AIMS RWANDA, ministeri y’uburezi kugirango abana bakure bafite fondation y’imibare babe abanyabwenge babasha gusubiza ibibazo igihugu gifite n’isi muri rusange.”

Mu mwaka wa 2024 urubyiruko rw’ibihugu 32 byo ku mugabane wa Afurika bateraniye ikigali mu marushwanwa y’imibare yamaze iminsi irindwi, muri uyu mwaka taliki 18 Ukwakira 2025 Groupe sclaire APACOPE yabaye iya mbere mu irushanwa ry ‘imibare rya African Shenmo cup ABACUS Mental Math Olympiad ryitabiriwe n’amabanyeshuri 400 batururtse mu bihugu 30 bitandukanye byo muri Afurika.

Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 6 =

Previous Post

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

The First lady of Rwanda and Chairperson of the Unity Club Intwararumuri, Mrs. Jeannette Kagame, has urged Rwandans to continue...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

by radiotv10
03/11/2025
0

Mu gihe ibiciro by'ibicuruzwa by'ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba...

IZIHERUKA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana
MU RWANDA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

03/11/2025
Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.