Ikipe ya APR FC izakira umukino uzayihuza na mucyeba wayo Rayon Sports, yatangaje ibiciro byo kuwinjiramo, aho itike ya macye ari ibihumbi bibiri gusa ku bazagura mbere y’itariki yashyizweho.
Ni ibiciro byatangajwe na APR FC habura iminsi micye ngo uyu mukino w’umunsi wa karindwi wa Shampiyona y’u Rwanda, ukinwe, uzakinirwa muri Sitade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu tariki 08 Ugushyingo 2025.
Abazagura itike yo mu myanya yo hejuru (Upper Bowl) ari na yo macye, kugeza tariki 06 Ugushyingo, izi tike zizaba zigura ibihumbi bibiri gusa (2 000 Frw) ndetse n’ibihumbi bitatu (3 000 Frw) mu myanya ya Lower Bowl.
Gusa abazagura nyuma y’iriya tariki ya 06, itike ya Upper Bowl izaba iri ku bihumbi bitatu (3 000 Frw) mu gihe iya Lower Bowl izaba ari ibihumbi bitanu (5 000 Frw).
Ni mu gihe itike yo mu myanya yisumbuyeho izwi nka Classic Seat, itike yashyizwe ku bihumbi 15 Frw, naho VIP Seat ikaba ari ibihumbi 30 Frw, VVIP Seat ikagura ibihumbi 50 Frw.
Naho mu myanya izwi nka Business Seat, itike ni ibihumbi 70 Frw, hakaba n’imyaka izwi nka Executive Seat, aho itike ari ibihumbi 100 Frw, mu gihe mu myanya ya Sky Box yakira abarenga barindwi, yo itike iragura Miliyoni 2 Frw.

RADIOTV10












