• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa Ukraine, nk’uko Leta ya Ukraine yabitangaje.

Ibi bitero byaje bikurikira ibindi u Burusiya bwagabye kuri Ukraine mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, nabyo byakomerekeje abantu 66 ndetse byangiza ibikorwa remezo by’ingufu n’ubwikorezi, ibyatumye umuriro w’amashanyarazi ubura mu turere tumwe na tumwe mu gihe Ukraine ubu iri mu gihe cy’ubukonje bukabije.

U Burusiya bwagabye ibitero bya drone zirenga 470 n’ibisasu bya misile birenga 48 nk’uko ubuyobozi muri Ukraine bwabitangaje.

Ibi byatumye igihugu cya Pologne, gisanzwe ari umunyamuryango wa OTAN giherereye ku mupaka w’Uburengerazuba bwa Ukraine, gihagarika ingendo zo mu kirere by’agateganyo ndetse cyohereza indege zacyo ngo zirinde ikirere cy’icyo gihugu.

Perezida Volodymyr Zelenskiy, wagombaga kugirira ibiganiro muri Turkiya mu rwego rwo kongera kuzahura ibiganiro by’amahoro n’Uburusiya, yemeje ko inzu z’abaturage nyinshi zo mu mujyi wa Ternopil zarashwe, ndetse avuga ko hashobora kuba hari abandi bantu benshi bakiri munsi y’ibikuta by’izo nzu.

Perezida Zelenskiy yasabye ibihugu by’inshuti na Ukraine kongera igitutu ku Burusiya kugira ngo burangize intambara imaze hafi imyaka ine, ndetse no guha Kyiv misile nyinshi kurushaho zo kurinda ikirere cyayo.

Yagize ati: “Buri gitero cy’ubugome kigabwa kigamije guhitana ubuzima bw’abaturage b’abasivile cyerekana ko igitutu gishyirwa ku Burusiya gikwiye. Ibihano bikaze no guha ubufasha Ukraine ni byo bishobora guhindura ibi.”

Ingano y’ibyangijwe n’ibyo bitero ntiramenyekana, icyakora hashyizweho ingamba zo gusaranganya amashanyarazi ku baturage hirya no hino mu gihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + thirteen =

Previous Post

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Next Post

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.