• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in MU RWANDA
0
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali.

Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho yerekana aba banyamahanga bivugwa ko ari Abanya-Sudan bari gukorera urugomo umumotari.

Muri aya mashusho yashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X n’uwitwa Kazungu Kaboss, hagaragararamo umuntu baba bagushije mu muferege w’amazi.

Nanone kandi hagaragaramo abo banyamahanga bari gushyamirana n’abamotari babiri, aho bivugwa ko umwe yari yatwaye umwe muri abo banyamahanga, ariko yamugeza aho yari amugejeje ku Gisozi, akanga kumwishyura.

Uyu Kaboss mu butumwa buherekeje aya mashusho, yagize ati “Turasaba Leta y’u Rwanda kwirukana aba Ba-South Suda. Nibatirukanwa bazatwirenza byabereye Gisozi/Gasave. RIB na Polisi y’u Rwanda aba Banya-South Sudan bo ntabwo amategeko abahana?”

Mu gusubiza ubu butumwa, Polisi y’u Rwanda yagize iti “Twatangiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo ababigizemo uruhare bakurikiranwe.”

Ibi bibaye nyuma y’ukwezi kuzuye, n’ubundi Polisi y’u Rwanda itaye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga muri UNILAK na bo basagariye abamotari.

Aba batawe muri yombi tariki 20 Ukwakira 2025, bo bari bakoreye uru rugomo mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali.

Hamaze igihe havugwa ibibazo by’abanyamahanga biganjemo Abanya-Sudani bakora ibikorwa by’urugomo nk’ibi mu Mujyi wa Kigali, byagiye byamaganirwa kure na benshi.

Mu minsi ishize kandi Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu gihe cy’amezi 12 ashize, hagagaragaye abanyamahanga 240 bakekwaho ibyaha bifitanye isano n’iki kibazo, birimo gukubita no gukomeretsa ndetse n‘ubujura. Muri abo banyamahanga bafashwe bakekwaho ibyo byaha, harimo 64 basubijwe mu Bihugu baturukamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Next Post

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.