• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in IMYIDAGADURO
0
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire
Share on FacebookShare on Twitter

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa, gituma ugifite arangarirwa n’igitsinagabo. Ese abadafite iki gice cy’umubiri, bikwiye kubatera ipfunwe cyangwa abandi bakabibaziza babatwama?

Kugira ikibuno ku bakobwa cyangwa abagore, ni bimwe mu byo abasore n’abagabo b’Abanyafurika bakunze gushimangira bavuga ko bigaragaza imiterere inogeye ijisho.

Bamwe mu bakobwa n’abagore badafite ikibuno kinini, bakunze kugaragaza ko bitabashimishije, ndetse benshi ubu bayobotse inzu zikorerwamo imyitozo ngororamubiri, bajyanywe gusa n’imyitozo ituma iki gice cy’umubiri cyiyongera.

Ni imyitozo izwi nka ‘Squats’, aho abakobwa n’aabgore bayikora basa nk’abicara bakongera bagahaguruka, ku buryo ubikoze igihe kinini, ikibuno gitangira kwiyongera.

Hari n’abafata icyemezo bakurira rutemikirere bishyuye akayabo kugira ngo bajye kwibagisha ngo iki gice cy’umubiri wabo gitubuke, serivisi iri mu zihenze mu rwego rw’ubuvuzi, ubu isigaye inatangirwa mu Rwanda mu Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali.

Abakobwa badafite iki gice kinini, bakunze kuvuga ko bibateye ipfunwe, ndetse mu minsi yashize hari ababasererezaga, bakoresheje imvugo zitaboneye, nk’abagiraga bati “aragenda ukagira ngo araza, wagira ngo ahetse urugi, wagira ngo yicariye Goma,…”

Gusa ibi byose biri mu rwego rwo gukomeretsa abantu ibizwi nka ‘Harassment’ dore ko uwabibwiwe kenshi bimugiraho ingaruka ku mitekerereze ye, ku buryo hari abagera aho bakumva ko badakwiye kujya mu muhanda ngo bajye aho abandi bari.

Kutagira ikibuno kinini ku bakobwa, ntibikwiye kuba ipfunwe, kuko abantu atari bo birema, ndetse yewe bikaba atari n’amahitamo yabo, ku buryo hari ukwiye kubibaziza.

Ikindi kandi umuntu udafite icyo gice cy’umubiri kinini, ntakwiye kubigiraho ikibazo kuko atari uburwayi, ndetse bikaba bitanamugiraho ingaruka iyo ari yo yose mu buryo bw’imiterere y’umubiri.

Niba abavugwa hano na we urimo, guhera none icara utuze, wishimire imiterere yawe kuko Imana yakuremye igukunze, ikurema mu ishusho yayo, terwa ishema n’uko uteye, abagukwena ubime amatwi, ukomeze ubeho ubuzima busanzwe.

Nawe kandi niba uri mu batwama abakobwa badafite ikibuno kinini, ukwiye kwigaya, ukibuka ko uwo ukwena atari we wagize amahitamo y’imiterere ye, kandi na we wikebuke urebe ko umuntu akugenzuye yakuburaho inenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Next Post

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy'irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.