Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in IMYIDAGADURO
0
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire
Share on FacebookShare on Twitter

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa, gituma ugifite arangarirwa n’igitsinagabo. Ese abadafite iki gice cy’umubiri, bikwiye kubatera ipfunwe cyangwa abandi bakabibaziza babatwama?

Kugira ikibuno ku bakobwa cyangwa abagore, ni bimwe mu byo abasore n’abagabo b’Abanyafurika bakunze gushimangira bavuga ko bigaragaza imiterere inogeye ijisho.

Bamwe mu bakobwa n’abagore badafite ikibuno kinini, bakunze kugaragaza ko bitabashimishije, ndetse benshi ubu bayobotse inzu zikorerwamo imyitozo ngororamubiri, bajyanywe gusa n’imyitozo ituma iki gice cy’umubiri cyiyongera.

Ni imyitozo izwi nka ‘Squats’, aho abakobwa n’aabgore bayikora basa nk’abicara bakongera bagahaguruka, ku buryo ubikoze igihe kinini, ikibuno gitangira kwiyongera.

Hari n’abafata icyemezo bakurira rutemikirere bishyuye akayabo kugira ngo bajye kwibagisha ngo iki gice cy’umubiri wabo gitubuke, serivisi iri mu zihenze mu rwego rw’ubuvuzi, ubu isigaye inatangirwa mu Rwanda mu Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali.

Abakobwa badafite iki gice kinini, bakunze kuvuga ko bibateye ipfunwe, ndetse mu minsi yashize hari ababasererezaga, bakoresheje imvugo zitaboneye, nk’abagiraga bati “aragenda ukagira ngo araza, wagira ngo ahetse urugi, wagira ngo yicariye Goma,…”

Gusa ibi byose biri mu rwego rwo gukomeretsa abantu ibizwi nka ‘Harassment’ dore ko uwabibwiwe kenshi bimugiraho ingaruka ku mitekerereze ye, ku buryo hari abagera aho bakumva ko badakwiye kujya mu muhanda ngo bajye aho abandi bari.

Kutagira ikibuno kinini ku bakobwa, ntibikwiye kuba ipfunwe, kuko abantu atari bo birema, ndetse yewe bikaba atari n’amahitamo yabo, ku buryo hari ukwiye kubibaziza.

Ikindi kandi umuntu udafite icyo gice cy’umubiri kinini, ntakwiye kubigiraho ikibazo kuko atari uburwayi, ndetse bikaba bitanamugiraho ingaruka iyo ari yo yose mu buryo bw’imiterere y’umubiri.

Niba abavugwa hano na we urimo, guhera none icara utuze, wishimire imiterere yawe kuko Imana yakuremye igukunze, ikurema mu ishusho yayo, terwa ishema n’uko uteye, abagukwena ubime amatwi, ukomeze ubeho ubuzima busanzwe.

Nawe kandi niba uri mu batwama abakobwa badafite ikibuno kinini, ukwiye kwigaya, ukibuka ko uwo ukwena atari we wagize amahitamo y’imiterere ye, kandi na we wikebuke urebe ko umuntu akugenzuye yakuburaho inenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − five =

Previous Post

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Next Post

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy'irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.