Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe mu bahanzi bakigaragayemo barimo Masamba Intore, barebera hamwe uko cyagenze, baniyemeza ko ibitaramo nka biriya bikomeza gukorwa.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025, aho Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, yahuye n’abarimo Massamba Intore umuhanzi mukuru wari uhagarariye abandi bataramiye abantu muri kiriya gitaramo cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize, ari kumwe n’Umuyobozi wa East Africa Promoters (E.A.P.), Mushyoma Joseph.

Mu biganiro bagiranye, barebeye hamwe ingamba zo gutegura ibitaramo bishingiye ku muco mu Mujyi wa Kigali, banasuzuma uko igitaramo Kigali Dutarame cyagenze n’aho bashyira imbaraga mu gutegura ibitaramo bizakurikiraho, harimo na gahunda zo kwigisha no gukundisha umuco Nyarwanda abakiri bato.

Ibi babikomeje nyuma y’uko no ku munsi w’igitaramo Umuyobozi w’Umujyi yabihamije, avuga ati “Uyu munsi ni intangiriro y’ibindi bitaramo bizakomeza kudususurutsa no kurushaho kwiga umuco gakondo.”

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Madame Emma Claudine, mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru, yatangaje ko “Kigali Dutarame ari gahunda nziza kandi izakomeza kubaho buri gihembwe hanyuma igasozwa n’igitaramo kimwe gikomeye gisoza umwaka.”

Yakomoje ku bijyanye n’aho bizajya bibera, ati “Umujyi wa Kigali wubatse imbuga nyinshi hirya no hino mu Gihugu kandi zigomba kwifashishwa gukorerwamo ibitaramo nk’ibi. Bityo rero, ntabwo bizabera igihe cyose muri BK Arena; hazabaho kwagura igikorwa ngo bigere n’ahandi.”

Kigali Dutarame ni igitaramo cyabaye tariki 22 Ugushyingo 2025 muri BK Arena kigira ubwitabire buri hejuru, aho Abanyarwanda bo mu ngeri zose bizihiwe.

Abahanzi basusurukije abakitabiriye barimo Massamba Intore, Jules Sentore, Ruti Joel, Teta Diana ndetse na Boukuru.

Uretse abahanzi, hari harimo n’amatorero arimo Itorero ry’Umujyi wa Kigali rizwi nk’Indatirwabahizi, n’andi nk’Inyamibwa, Ibihame by’Imana, Inganzo Ngari, n’Ishyaka ry’Intore.

Habayeho ibiganiro
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yashimye uko iki gitaramo cyagenze

Khamiss SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Next Post

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Related Posts

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abandi bantu babiri barimo umunyamakuru Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni...

IZIHERUKA

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko
IBYAMAMARE

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.