• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe mu bahanzi bakigaragayemo barimo Masamba Intore, barebera hamwe uko cyagenze, baniyemeza ko ibitaramo nka biriya bikomeza gukorwa.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025, aho Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, yahuye n’abarimo Massamba Intore umuhanzi mukuru wari uhagarariye abandi bataramiye abantu muri kiriya gitaramo cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize, ari kumwe n’Umuyobozi wa East Africa Promoters (E.A.P.), Mushyoma Joseph.

Mu biganiro bagiranye, barebeye hamwe ingamba zo gutegura ibitaramo bishingiye ku muco mu Mujyi wa Kigali, banasuzuma uko igitaramo Kigali Dutarame cyagenze n’aho bashyira imbaraga mu gutegura ibitaramo bizakurikiraho, harimo na gahunda zo kwigisha no gukundisha umuco Nyarwanda abakiri bato.

Ibi babikomeje nyuma y’uko no ku munsi w’igitaramo Umuyobozi w’Umujyi yabihamije, avuga ati “Uyu munsi ni intangiriro y’ibindi bitaramo bizakomeza kudususurutsa no kurushaho kwiga umuco gakondo.”

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Madame Emma Claudine, mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru, yatangaje ko “Kigali Dutarame ari gahunda nziza kandi izakomeza kubaho buri gihembwe hanyuma igasozwa n’igitaramo kimwe gikomeye gisoza umwaka.”

Yakomoje ku bijyanye n’aho bizajya bibera, ati “Umujyi wa Kigali wubatse imbuga nyinshi hirya no hino mu Gihugu kandi zigomba kwifashishwa gukorerwamo ibitaramo nk’ibi. Bityo rero, ntabwo bizabera igihe cyose muri BK Arena; hazabaho kwagura igikorwa ngo bigere n’ahandi.”

Kigali Dutarame ni igitaramo cyabaye tariki 22 Ugushyingo 2025 muri BK Arena kigira ubwitabire buri hejuru, aho Abanyarwanda bo mu ngeri zose bizihiwe.

Abahanzi basusurukije abakitabiriye barimo Massamba Intore, Jules Sentore, Ruti Joel, Teta Diana ndetse na Boukuru.

Uretse abahanzi, hari harimo n’amatorero arimo Itorero ry’Umujyi wa Kigali rizwi nk’Indatirwabahizi, n’andi nk’Inyamibwa, Ibihame by’Imana, Inganzo Ngari, n’Ishyaka ry’Intore.

Habayeho ibiganiro
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yashimye uko iki gitaramo cyagenze

Khamiss SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Next Post

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.