Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa ibyangombwa byazo kandi byagakwiye kubafasha kubona inguzanyo bakabona igishoro cyatuma babasha kugira icyo bakora.

Aba baturage batuhwe mu Mudugudu wa Kamamana mu Kagari ka Kaduha bakuwe ahantu hatandukanye mu Murenge wa Munyaga, baravuga ko bamaze imyaka irenga itanu mu buzima bwo gushakisha imibereho no guca incuro.

Basaba ko bahabwa ibyangombwa by’ubutaka ku nzu zabo kugira ngo bibafashe kugana ibigo by’imari bake inguzanyo ubundi babashe kwiteza imbere.

Musabwamana Beatrice ati “Nta byangombwa by’izi nzu dufite kandi twagiyemo batubwira y’uko imyaka itanu nishira babiduha, none imyaka itanu yarashize kandi nta byangombwa turabona. Tubibonye twakwiteza imbere.”

Dusenge Jean Pierre na we ati “Izi nzu ni izacu gute kandi tudafite ibyangombwa byazo? Turamutse tibonye ibyangombwa nibura wajya muri banki ukababwira uti ‘iyi ni iyanjye’, bakampa inguzanyo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Umutoni Jeanne, yabwiye RADIOTV10 ko hari ibyo bagikorana igenzura ku makuru bahawe n’aba baturage, azabafasha kumenya uwemerewe kubona icyangombwa cyakwifashishwa mu bigo by’imari, kandi bitarenze uyu mwaka w’ingengo y’imari bazaba babihaye.

Ati “Turacyakora screening. Hari abazabona ibyangombwa ariko bakaba batatanga ingwate kuri ayo mazu bitewe n’imiryango baba bafite. Hari ibintu byinshi tureba sociale (imibereho).

Hari abubakirwa baratanze ubutaka, hari abubakirwa bataratanze; urumva muri abo bantu bose hari ababona icyangombwa 100% bakamenya uko bagikoresha.

Hari n’abandi bakibona bakaba batemerewe kugurisha, hakaba n’abakibona batemerewe kugurisha ariko bakaba bakegera ibigo by’imari. Isesengura turacyarikora. Ntabwo ari Kaduha honyine, ni mu Karere hose. Umwaka w’ingengo y’imari uzarangira babifite.”

Mu gitabo cy’amabwiriza agenga uburyo bwo gutuza no kwegurira inzu abantu batuzwa na Leta cyo mu 2017, Umutwe wa kabiri ku ngingo ya gatanu havugwa ko umuntu watujwe muri ubu buryo ahabwa uburenganzira bwo kwandikwaho umutungo nyuma y’imyaka itanu uhereye igihe yasinyiye amasezerano yo gutuzwa, ariko kandi yagaragaza imishinga myiza imuvana mu bukene, inzu akayihabwa mbere y’imyaka itanu.

Bavuga ko batujwe mu nzu nziza ariko bakijya guca incuro
Basaba guhabwa ibyangombwa ubundi bakabasha kwiteza imbere

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 9 =

Previous Post

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Next Post

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n'abarimo Ingabo z'u Burundi bavuze uko basize bimeze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.