Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa ibyangombwa byazo kandi byagakwiye kubafasha kubona inguzanyo bakabona igishoro cyatuma babasha kugira icyo bakora.

Aba baturage batuhwe mu Mudugudu wa Kamamana mu Kagari ka Kaduha bakuwe ahantu hatandukanye mu Murenge wa Munyaga, baravuga ko bamaze imyaka irenga itanu mu buzima bwo gushakisha imibereho no guca incuro.

Basaba ko bahabwa ibyangombwa by’ubutaka ku nzu zabo kugira ngo bibafashe kugana ibigo by’imari bake inguzanyo ubundi babashe kwiteza imbere.

Musabwamana Beatrice ati “Nta byangombwa by’izi nzu dufite kandi twagiyemo batubwira y’uko imyaka itanu nishira babiduha, none imyaka itanu yarashize kandi nta byangombwa turabona. Tubibonye twakwiteza imbere.”

Dusenge Jean Pierre na we ati “Izi nzu ni izacu gute kandi tudafite ibyangombwa byazo? Turamutse tibonye ibyangombwa nibura wajya muri banki ukababwira uti ‘iyi ni iyanjye’, bakampa inguzanyo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Umutoni Jeanne, yabwiye RADIOTV10 ko hari ibyo bagikorana igenzura ku makuru bahawe n’aba baturage, azabafasha kumenya uwemerewe kubona icyangombwa cyakwifashishwa mu bigo by’imari, kandi bitarenze uyu mwaka w’ingengo y’imari bazaba babihaye.

Ati “Turacyakora screening. Hari abazabona ibyangombwa ariko bakaba batatanga ingwate kuri ayo mazu bitewe n’imiryango baba bafite. Hari ibintu byinshi tureba sociale (imibereho).

Hari abubakirwa baratanze ubutaka, hari abubakirwa bataratanze; urumva muri abo bantu bose hari ababona icyangombwa 100% bakamenya uko bagikoresha.

Hari n’abandi bakibona bakaba batemerewe kugurisha, hakaba n’abakibona batemerewe kugurisha ariko bakaba bakegera ibigo by’imari. Isesengura turacyarikora. Ntabwo ari Kaduha honyine, ni mu Karere hose. Umwaka w’ingengo y’imari uzarangira babifite.”

Mu gitabo cy’amabwiriza agenga uburyo bwo gutuza no kwegurira inzu abantu batuzwa na Leta cyo mu 2017, Umutwe wa kabiri ku ngingo ya gatanu havugwa ko umuntu watujwe muri ubu buryo ahabwa uburenganzira bwo kwandikwaho umutungo nyuma y’imyaka itanu uhereye igihe yasinyiye amasezerano yo gutuzwa, ariko kandi yagaragaza imishinga myiza imuvana mu bukene, inzu akayihabwa mbere y’imyaka itanu.

Bavuga ko batujwe mu nzu nziza ariko bakijya guca incuro
Basaba guhabwa ibyangombwa ubundi bakabasha kwiteza imbere

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 17 =

Previous Post

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Next Post

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n'abarimo Ingabo z'u Burundi bavuze uko basize bimeze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.