• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa ibyangombwa byazo kandi byagakwiye kubafasha kubona inguzanyo bakabona igishoro cyatuma babasha kugira icyo bakora.

Aba baturage batuhwe mu Mudugudu wa Kamamana mu Kagari ka Kaduha bakuwe ahantu hatandukanye mu Murenge wa Munyaga, baravuga ko bamaze imyaka irenga itanu mu buzima bwo gushakisha imibereho no guca incuro.

Basaba ko bahabwa ibyangombwa by’ubutaka ku nzu zabo kugira ngo bibafashe kugana ibigo by’imari bake inguzanyo ubundi babashe kwiteza imbere.

Musabwamana Beatrice ati “Nta byangombwa by’izi nzu dufite kandi twagiyemo batubwira y’uko imyaka itanu nishira babiduha, none imyaka itanu yarashize kandi nta byangombwa turabona. Tubibonye twakwiteza imbere.”

Dusenge Jean Pierre na we ati “Izi nzu ni izacu gute kandi tudafite ibyangombwa byazo? Turamutse tibonye ibyangombwa nibura wajya muri banki ukababwira uti ‘iyi ni iyanjye’, bakampa inguzanyo.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Umutoni Jeanne, yabwiye RADIOTV10 ko hari ibyo bagikorana igenzura ku makuru bahawe n’aba baturage, azabafasha kumenya uwemerewe kubona icyangombwa cyakwifashishwa mu bigo by’imari, kandi bitarenze uyu mwaka w’ingengo y’imari bazaba babihaye.

Ati “Turacyakora screening. Hari abazabona ibyangombwa ariko bakaba batatanga ingwate kuri ayo mazu bitewe n’imiryango baba bafite. Hari ibintu byinshi tureba sociale (imibereho).

Hari abubakirwa baratanze ubutaka, hari abubakirwa bataratanze; urumva muri abo bantu bose hari ababona icyangombwa 100% bakamenya uko bagikoresha.

Hari n’abandi bakibona bakaba batemerewe kugurisha, hakaba n’abakibona batemerewe kugurisha ariko bakaba bakegera ibigo by’imari. Isesengura turacyarikora. Ntabwo ari Kaduha honyine, ni mu Karere hose. Umwaka w’ingengo y’imari uzarangira babifite.”

Mu gitabo cy’amabwiriza agenga uburyo bwo gutuza no kwegurira inzu abantu batuzwa na Leta cyo mu 2017, Umutwe wa kabiri ku ngingo ya gatanu havugwa ko umuntu watujwe muri ubu buryo ahabwa uburenganzira bwo kwandikwaho umutungo nyuma y’imyaka itanu uhereye igihe yasinyiye amasezerano yo gutuzwa, ariko kandi yagaragaza imishinga myiza imuvana mu bukene, inzu akayihabwa mbere y’imyaka itanu.

Bavuga ko batujwe mu nzu nziza ariko bakijya guca incuro
Basaba guhabwa ibyangombwa ubundi bakabasha kwiteza imbere

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Next Post

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n'abarimo Ingabo z'u Burundi bavuze uko basize bimeze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.