Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga mu bice binyuranye mu Ntara ya Kivu y’Epfo, ndetse ko ibintu biri kurushaho kuba bibi.
Amakuru y’ibi bitero yatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu itangazo yasohoye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, bariki 02 Ukuboza 2025.
Muri iri tangazo Kanyuka avuga ko rigenewe Abanyekongo, yavuze ko “mu masaha ya kare kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Ukuboza 2025, abarwanyi bishyize hamwe b’ubutegetsi bwa Kinshasa, bagabye ibitero byinshi no mu bice bituwemo n’abaturage benshi mu bice hafi ya byose biberamo imirwano.”
Kanyuka yakomeje agaragaza bimwe mu bice byagabwemo ibi bitero, birimo umuhora w’igice cya Katogota gishyira Luvungi, hakaba kandi Kaziba – Haut Plateau, Tchivanga- Hombo na Kasika – Mwenga.
Umuvugizi w’iri Huriro ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa DRC, Lawrence Kanyuka akomeza avuga ko “ibintu bikomeje kuba bibi cyane, kandi birarushaho gukomera uko umunota ushira.”
Ibi bitero bikomeje kugabwa n’abarwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa, mu gihe hategerejwe amasezerano y’amahoro azashyirwaho umukono na Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi, ashimangira ayasinywe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga muri Kamena.
Nanone kandi i Doha muri Qatar, hakomeje ibiganiro hagati ya Guverinoma ya DRC n’iri Huriro AFC/M23, byanasinyiwemo amasezerano, asaba impande zombi guhagarika imirwano, ariko kuva icyo gihe, ikaba yarakomeje, bigizwemo uruhare n’abarwanyi b’ubutegetsi bwa Congo, bagiye bagaba ibitero binyuranye mu birindiro bya AFC/M23, byanagiye bihitana inzirakarengane z’abasivile benshi.
RADIOTV10








