Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga muri aka karere irasaba ko kongera ingengo y’imari ishyirwa muri iyo gahunda  kuko hakiri umubare munini w’abategereje kuzihabwa. Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bukavuga ko ubusabe bwabo bwumvikana kandi ko bizakorwaho.

Mu birori by’umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga ku rwego rw’akarere ka Rusizi wijihirijwe mu murenge wa Kamembe, hatanzwe inyunganirangingo n’insimburangingo ku bafite ubumuga butandukanye barimo abana bagorwaga no kutazigira bikabagiraho ingaruka mu myigire.

Sr. Philomene Mukamugenga wo mu kigo cyitwa St Emillia gifasha abana bafite ubumuga mu by’uburezi gifite abana batatu bazihawe, avuga ko bagorwaga no kugenda ariko zikaba zigiye kugira impinduka nziza mu mibereho yabo

Agira ati “Bano bahawe imbago bagendaga bitega ndeste bakubitanya amavi. kugira ngo bazave aho barara ngo bagere mu ishuli byabaga ari ikibazo, ariko ubu zino nyunganirangingo ndizera ko zigiye kubafasha”.

Nyirambarushimana Leoncie wo mu murenge wa Nkanka ufite umwana wakererewe gutangira ishuli bitewe no kutagira igare ry’abafite ubumuga ngo rimufashe kugera ku ishuli nawe ati “Yari kuba yaratangiye afite imyaka 3 none ubu agize imyaka 9, igare yahawe rizamufasha kugera aho abandi bari bityo nawe ajye no ku ishuli”.

Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga mu karere ka Rusizi Hagenimana Sylver avuga ko n’ubwo abagera kuri 80 bamaze guhabwa inyunganirangingo n’insimbura ngingo muri uyu mwaka, hakiri umubare munini w’abagitegereje kuzihabwa bityo agasaba ko akarere kongera ingengo y’imari ijya mu gufasha abantu bafite ubumuga.

Ati “Haracyari benshi bakeneye inyunganirangingo, ku buryo hatongerewe ingengo y’imari abenshi batagerwaho”

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukakalisa Francine avuga ko ubwo busabe bwumvikana kandi ko  ingengo y’imari izongerwa n’ubwo asanga bitazarangiza ikibazo.

Agira ati “Birumvikana cyane cyane rwose n’aho batabisaba ni abacu, ni nako bigenda uko ubushobozi bubonetse twongeraho, bivuze ngo n’ubundi ntabwo tuzongera ho ngo bose bahite bazibona, kubera ko imibare yiyongera”.

Imibare itangwa n’inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga mu karere ka Rusizi, ivuga ko habarurwa abantu barenga ibihumbi 14 bafite ubumuga, uyu mwaka 200 muri bo  bakaba barapimwe na muganga  akemeza ko bakeneye inyunganirangingo n’insimburangingo abagera kuri 80 akaba ari bo bamaze kuzihabwa.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

MoMo Rwanda, Yabx Technologies and I&M Bank Launch K’avance – An Innovative Overdraft Solution for MoMo Customers

Next Post

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri
FOOTBALL

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.