Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga muri aka karere irasaba ko kongera ingengo y’imari ishyirwa muri iyo gahunda  kuko hakiri umubare munini w’abategereje kuzihabwa. Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bukavuga ko ubusabe bwabo bwumvikana kandi ko bizakorwaho.

Mu birori by’umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga ku rwego rw’akarere ka Rusizi wijihirijwe mu murenge wa Kamembe, hatanzwe inyunganirangingo n’insimburangingo ku bafite ubumuga butandukanye barimo abana bagorwaga no kutazigira bikabagiraho ingaruka mu myigire.

Sr. Philomene Mukamugenga wo mu kigo cyitwa St Emillia gifasha abana bafite ubumuga mu by’uburezi gifite abana batatu bazihawe, avuga ko bagorwaga no kugenda ariko zikaba zigiye kugira impinduka nziza mu mibereho yabo

Agira ati “Bano bahawe imbago bagendaga bitega ndeste bakubitanya amavi. kugira ngo bazave aho barara ngo bagere mu ishuli byabaga ari ikibazo, ariko ubu zino nyunganirangingo ndizera ko zigiye kubafasha”.

Nyirambarushimana Leoncie wo mu murenge wa Nkanka ufite umwana wakererewe gutangira ishuli bitewe no kutagira igare ry’abafite ubumuga ngo rimufashe kugera ku ishuli nawe ati “Yari kuba yaratangiye afite imyaka 3 none ubu agize imyaka 9, igare yahawe rizamufasha kugera aho abandi bari bityo nawe ajye no ku ishuli”.

Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga mu karere ka Rusizi Hagenimana Sylver avuga ko n’ubwo abagera kuri 80 bamaze guhabwa inyunganirangingo n’insimbura ngingo muri uyu mwaka, hakiri umubare munini w’abagitegereje kuzihabwa bityo agasaba ko akarere kongera ingengo y’imari ijya mu gufasha abantu bafite ubumuga.

Ati “Haracyari benshi bakeneye inyunganirangingo, ku buryo hatongerewe ingengo y’imari abenshi batagerwaho”

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukakalisa Francine avuga ko ubwo busabe bwumvikana kandi ko  ingengo y’imari izongerwa n’ubwo asanga bitazarangiza ikibazo.

Agira ati “Birumvikana cyane cyane rwose n’aho batabisaba ni abacu, ni nako bigenda uko ubushobozi bubonetse twongeraho, bivuze ngo n’ubundi ntabwo tuzongera ho ngo bose bahite bazibona, kubera ko imibare yiyongera”.

Imibare itangwa n’inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga mu karere ka Rusizi, ivuga ko habarurwa abantu barenga ibihumbi 14 bafite ubumuga, uyu mwaka 200 muri bo  bakaba barapimwe na muganga  akemeza ko bakeneye inyunganirangingo n’insimburangingo abagera kuri 80 akaba ari bo bamaze kuzihabwa.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + seventeen =

Previous Post

MoMo Rwanda, Yabx Technologies and I&M Bank Launch K’avance – An Innovative Overdraft Solution for MoMo Customers

Next Post

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.