Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga muri aka karere irasaba ko kongera ingengo y’imari ishyirwa muri iyo gahunda  kuko hakiri umubare munini w’abategereje kuzihabwa. Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bukavuga ko ubusabe bwabo bwumvikana kandi ko bizakorwaho.

Mu birori by’umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga ku rwego rw’akarere ka Rusizi wijihirijwe mu murenge wa Kamembe, hatanzwe inyunganirangingo n’insimburangingo ku bafite ubumuga butandukanye barimo abana bagorwaga no kutazigira bikabagiraho ingaruka mu myigire.

Sr. Philomene Mukamugenga wo mu kigo cyitwa St Emillia gifasha abana bafite ubumuga mu by’uburezi gifite abana batatu bazihawe, avuga ko bagorwaga no kugenda ariko zikaba zigiye kugira impinduka nziza mu mibereho yabo

Agira ati “Bano bahawe imbago bagendaga bitega ndeste bakubitanya amavi. kugira ngo bazave aho barara ngo bagere mu ishuli byabaga ari ikibazo, ariko ubu zino nyunganirangingo ndizera ko zigiye kubafasha”.

Nyirambarushimana Leoncie wo mu murenge wa Nkanka ufite umwana wakererewe gutangira ishuli bitewe no kutagira igare ry’abafite ubumuga ngo rimufashe kugera ku ishuli nawe ati “Yari kuba yaratangiye afite imyaka 3 none ubu agize imyaka 9, igare yahawe rizamufasha kugera aho abandi bari bityo nawe ajye no ku ishuli”.

Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga mu karere ka Rusizi Hagenimana Sylver avuga ko n’ubwo abagera kuri 80 bamaze guhabwa inyunganirangingo n’insimbura ngingo muri uyu mwaka, hakiri umubare munini w’abagitegereje kuzihabwa bityo agasaba ko akarere kongera ingengo y’imari ijya mu gufasha abantu bafite ubumuga.

Ati “Haracyari benshi bakeneye inyunganirangingo, ku buryo hatongerewe ingengo y’imari abenshi batagerwaho”

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukakalisa Francine avuga ko ubwo busabe bwumvikana kandi ko  ingengo y’imari izongerwa n’ubwo asanga bitazarangiza ikibazo.

Agira ati “Birumvikana cyane cyane rwose n’aho batabisaba ni abacu, ni nako bigenda uko ubushobozi bubonetse twongeraho, bivuze ngo n’ubundi ntabwo tuzongera ho ngo bose bahite bazibona, kubera ko imibare yiyongera”.

Imibare itangwa n’inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga mu karere ka Rusizi, ivuga ko habarurwa abantu barenga ibihumbi 14 bafite ubumuga, uyu mwaka 200 muri bo  bakaba barapimwe na muganga  akemeza ko bakeneye inyunganirangingo n’insimburangingo abagera kuri 80 akaba ari bo bamaze kuzihabwa.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 9 =

Previous Post

MoMo Rwanda, Yabx Technologies and I&M Bank Launch K’avance – An Innovative Overdraft Solution for MoMo Customers

Next Post

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.