Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga ko harashwe ibisasu bya rutura biri guturuka mu Burundi, byatumye bafata umwanzuro wo gukiza amagara yabo.
Ni nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Ukuboza 2025 muri kariya gace hiriwemo imirwano ihanganishije abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 n’abarwanira uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagizwe n’abarimo FARDC, ingabo z’u Burundi na FDLR.
Iyi mirwano yakajije umurego, yatumye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu Abanyekongo babarirwa hagati y’ 160 na 200 bahungira mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Bugarama-Kamanyola uhuza u Rwanda na DRC.
Umwe mu Banyekongo bahunze, yavuze ko basize ibintu bimeze nabi cyane, ku buryo babonye bikomeje guhindura isura bagahitamo gukiza amagara yabo.
Ati “Ibisasu bikajya birira buri kanya, kandi ibisasu bikomeye, byanaturukaga i Burundi biza bidusanga aho turi, ariko bashakaga ngo barase intwaro [ya AFC/M23] yari iri hariya ngo bayitwike.”
Uyu muturage avuga kandi ko no ku wa Kabiri tariki 02 Ukuboza, na bwo imirwano yirije umunsi, ndetse ko hari n’igisasu cyaguye ku nzu y’umuturage, ndetse n’ikindi cyakomereje abana babiri n’umubyeyi umwe.
Ati “N’ababyeyi bari batwite bahise bajya mu ihungabana ry’ibyo bintu, ariko ibyo byasenye inzu bikanakomeretsa abo bana, byaturutse i Burundi.”
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yatangaje ko Abanyekongo babarirwa mu 160 koko bakiriwe mu Rwanda, bavuye mu Gihugu cyabo bahunze imirwano.
Yagize ati “Bagizwe cyane n’abana bato ndetse n’abagore bamaze umwanya ku mupaka basabaga ko babona aho baba baruhukiye, bageze hafi ku ijana na mirongo itandatu.”
Muri iki kiganiro yatanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, yavuze ko ubuyobozi bwari bugiye gushakira aba baturage aho baba baruhukiye ku buryo bamara kumva batekanye, ndetse bitewe n’uko iwabo byaza kugenda, bakaba basubirayo.
Ihuriro AFC/M23 rimaze iminsi ritangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwa, rigaragaza ko i Burundi hakomeje kuba indiri yo gutegurirayo ibitero biri kugabwa mu bice binyuranye.
Iri Huriro kandi ryagaragaje ingaruka zikomeje guterwa n’ibitero by’indege n’ibyo ku butaka bikomeje kugabwa n’uruhande bahanganye, zirimo abana bakomeretse.
RADIOTV10









