Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga ko harashwe ibisasu bya rutura biri guturuka mu Burundi, byatumye bafata umwanzuro wo gukiza amagara yabo.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Ukuboza 2025 muri kariya gace hiriwemo imirwano ihanganishije abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 n’abarwanira uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagizwe n’abarimo FARDC, ingabo z’u Burundi na FDLR.

Iyi mirwano yakajije umurego, yatumye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu Abanyekongo babarirwa hagati y’ 160 na 200 bahungira mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Bugarama-Kamanyola uhuza u Rwanda na DRC.

Umwe mu Banyekongo bahunze, yavuze ko basize ibintu bimeze nabi cyane, ku buryo babonye bikomeje guhindura isura bagahitamo gukiza amagara yabo.

Ati “Ibisasu bikajya birira buri kanya, kandi ibisasu bikomeye, byanaturukaga i Burundi biza bidusanga aho turi, ariko bashakaga ngo barase intwaro [ya AFC/M23] yari iri hariya ngo bayitwike.”

Uyu muturage avuga kandi ko no ku wa Kabiri tariki 02 Ukuboza, na bwo imirwano yirije umunsi, ndetse ko hari n’igisasu cyaguye ku nzu y’umuturage, ndetse n’ikindi cyakomereje abana babiri n’umubyeyi umwe.

Ati “N’ababyeyi bari batwite bahise bajya mu ihungabana ry’ibyo bintu, ariko ibyo byasenye inzu bikanakomeretsa abo bana, byaturutse i Burundi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yatangaje ko Abanyekongo babarirwa mu 160 koko bakiriwe mu Rwanda, bavuye mu Gihugu cyabo bahunze imirwano.

Yagize ati “Bagizwe cyane n’abana bato ndetse n’abagore bamaze umwanya ku mupaka basabaga ko babona aho baba baruhukiye, bageze hafi ku ijana na mirongo itandatu.”

Muri iki kiganiro yatanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, yavuze ko ubuyobozi bwari bugiye gushakira aba baturage aho baba baruhukiye ku buryo bamara kumva batekanye, ndetse bitewe n’uko iwabo byaza kugenda, bakaba basubirayo.

Ihuriro AFC/M23 rimaze iminsi ritangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwa, rigaragaza ko i Burundi hakomeje kuba indiri yo gutegurirayo ibitero biri kugabwa mu bice binyuranye.

Iri Huriro kandi ryagaragaje ingaruka zikomeje guterwa n’ibitero by’indege n’ibyo ku butaka bikomeje kugabwa n’uruhande bahanganye, zirimo abana bakomeretse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + fourteen =

Previous Post

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Related Posts

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

IZIHERUKA

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze
MU RWANDA

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.