Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi; bashyize umukono ku masezerano y’amahoro ya burundu, mu muhango wari ukurikiwe n’isi yose.
Ni umuhango wabimburiwe n’imbwirwaruhame zabanje gutangwa na Perezida Donald Trump wa US, Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa DRC, ndetse n’abandi Bakuru b’Ibihugu batumiwe.
Perezida Trump yabanje guha ikaze abitabiriye iki gikorwa barimo, Perezida João Lourenço wa Angola, akaba anayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, William Ruto wa Kenya unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na Faure Essozimna Gnassingbé wahawe inshingano z’ubuhuza na AU.
Perezida Trump, mu ijambo rye, yatangaje ko yishimiye kuba igikorwa nk’iki cy’amateka kigezweho, kikaba ari amateka yiyanditse ku Isi, anagaruka ku mateka y’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.
Yavuze ko mu myaka irenga 30 ishize hari ibibazo muri kiriya gice, hari Abanyekongo benshi babarirwa mu mamiliyoni bahasize ubuzima, abandi benshi bakava mu byabo.
Yaboneyeho gushimira Perezida Paul Kagame na Tshisekedi ku ruhare rwabo mu gutuma aya masezerano agerwaho, aho yavuze ko mu biganiro byo mu muhezo bagiranye, bagaragazanyije ko basanzwe bakundana, kandi baniteguye gukorana mu bijyanye n’ubukungu.
Perezida Paul Kagame na we mu ijambo rye, yashimiye Trump n’ubutegetsi bwe bwazanye uburyo bushya mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, avuga ko ari uburyo butigeze bukoreshwa n’abandi bose bagerageje gushaka umuti w’iki kibazo mbere.
Yavuze ko Trump yakoresheje uburyo butagira uruhande bubogamiraho, kandi bwinjira mu mizi y’ibibazo, n’uburyo byashakirwa umuti, mu gihe abagerageje mu bihe byatambutse, babinyuraga hejuru.
Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nk’uko bisanzwe, u Rwanda kuva cyera rwamye rwifuza kubana neza n’ibindi Bihugu birimo n’iki cya DRC, ndetse ko rwiteguye gushyira mu bikorwa ibyo rusabwa byoze muri aya masezerano y’amahoro.
Perezida Kagame yavuze ko Trump ntacyo atakoze mu gushaka umuti w’ibi bibazo utegerejweho kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ndetse ko n’aya masezerano ateganya ingingo zose zikiranuye zatuma ibibazo bikemuka, bityo ko biramutse bitubahirijwe, “byaba biturutse kuri twe” aho yanavuze ko umwanya ari uyu ngo Abanyafurika bashyire imbere ibibahuza.
RADIOTV10









