Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi biraswa bituruka ku butaka bw’u Burundi, rigira inama iki Gihugu kuva muri ubu bufatanye kuko bwari bukwiye kwita ku baturage babwo kuko bakeneye imibereho myiza.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Gatanu nyuma y’iminsi hari ibitero by’ibisasu biraswa mu bice binyuranye byo muri Kivu y’Epfo byumwihariko muri Kamanyola.
Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rivuga ko iri Huriro rimenyesha Abanyekongo ndetse n’abatuye aka karere kose, n’umuryango mpuzamahanga ko hashize iminsi itatu haraswa ibi bisasu biturutse ku butaka bw’u Burundi.
Yavuze ko ibi bisasu “bihitana abagore n’abana, bikomeretsa abaturage benshi, kandi bigasenya inzu, amashuri n’amavuriro.”
Kanyuka akomeza agira ati “Muri icyo gihe, ibitero byakozwe n’indege z’intambara, indege zitagira abapilote, n’ibisasu bikomeye byibasiye uduce dutuwe cyane twa Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo bitegurirwa ku butaka bw’u Burundi.”
Yavuze ko ibi bikorwa bishya bihamya umugambi mubisha w’ubutegetsi bwa Congo bugamije kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba bw’iki Gihugu.
Ati “AFC/M23 iramagana yivuye inyuma ibi bitero by’iterabwoba byakozwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa n’inshuti yabwo y’u Burundi, byahitanye abantu 23 ndetse bigakomeretsa inkomere nyinshi.”
Yavuze kandi ko ibi bitero byatumye hari Abaturage benshi bava mu byabo bahungira mu bice binyuranye birimo i Bukavu ndetse no mu Rwanda, ndetse ko bigize ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Iri Huriro rivuga ko rikomeje intego yaryo yo guhagarara ku ruhande rw’abaturage, kandi ko “ryamagana byimazeyo uruhare rw’u Burundi mu ntambara ya Congo, mu gihe urugamba rwacu rugamije kurengera uburenganzira bw’abaturage bacu.”
Kanyuka akagira ati “U Burundi bwagakwiye kuba bushyira imbaraga zabwo mu kunoza imibereho y’abaturage babwo.”
Imirwano yakajije umurego mu gace ka Kamanyola, mu gihe muri iki cyumweru hasinywe amasezerano y’amahoro hagati ya DRC n’u Rwanda yashyiriweho umukono i Washington D.C. agamije kurangiza iyi ntambara.
RADIOTV10










