Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko batewe impungenge n’icyorezo cy’uburwayi kiri kubibasira, ndetse n’abagiye kwivuriza ku Kigo cy’Ubuzima (Poste de Santé) cya Bunyoni kibegereye, kikababwira ko kitabavurira kuri Mituweli.
Aba baturage bavuga ko iki cyorezo kimaze gufata benshi, kandi ngo iyo cyageze mu rugo rumwe, abarurimo bose kibageraho.
Nyirabusiha Venantie ati “Iki kirwara cyankubise hasi n’abuzukuru banjye, twese kiratuzambije kandi sinjye njyenyine; ni aka gasozi kose. Urebye cyahereye aha kirazamuka cyurira uyu musozi.”
Sibonteze Albert ati “Aka gace kose rwose cyatugezeho. Mu rugo twese twararwaye, n’aha kwa mudugudu bararwara, kuri uru rugo, umukecuru waho nawe amaze iminsi arwaye. Mbese uwo gifashe niba aryamye, uwo baryamanye nawe bucya yarwaye.”
Cyokora ikibahangayikishije kurushaho, ni uko ivuriro rito rya Bunyoni ribari hafi ritakira abivuriza kuri Mituweli, bityo bigatuma ab’intege nke bashobora kurembera mu ngo zabo mu gihe badafite ubushobozi bwo kwivuza biyishyurira 100%.
Nyirabusiha Venantie ati “Turi abakene, ariko badufasha bakaduha imiti nk’uko bari kuyihereza abandi barwaye iki cyorezo muri Rubavu. Nk’ubu nagiye ku Kivumu ngenda saa kumi n’ebyiri, ngerayo saa sita. Cyokora ho bamvurira kuri Mituweli, ngaruka gake gake n’abuzukuru banjye. Saa moya (za nijoro) twari tugeze mu rugo.”
Ayingeneye Dancille na we ati “Nararwaye mbura n’imiti, ni yo mpamvu niryamiye hano kuko nta mafaranga mfite. Ahubwo mutuvuganire baduhereze imiti.”
Ngabo Pie Denys ukorera muri iri vuriro rito rya Bunyoni, agaragaza ko impamvu bishyuza abaturage 100% ari uko batarahabwa ibyangombwa byo gukorana na Mituweli, agahera aho asaba ko ibi byangombwa byajya byihuta.
Ngabo Pie Denys ati “Impamvu tubishyuza 100% ni uko tutarahabwa access yo gukorana na Mituweli, kandi natwe biraduhombya. Twasaba ko ibyangombwa byajya byihutishwa cyane ibitangwa na RDB.”
Naho ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro, mu butumwa bugufi bwahaye umunyamakuru kuri telefone, Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro, Umuganwa Marie Chantal, yirinze kugira icyo avuga kuri icyo cyorezo kivugwa n’abaturage.
Gusa avuga ko ntawe ukwiye kurembera mu rugo kubera kubura ubushobozi, ndetse ko uwabuze uko yivuza biteguye kumufasha. Ni mu gihe iyi Poste de Santé ya Bunyoni ngo hari ibyangombwa irimo kuzuza muri RSSB ngo ibashe kwakira abarwayi bakoresha Mituweli.



Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10







