Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

radiotv10by radiotv10
08/12/2025
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko batewe impungenge n’icyorezo cy’uburwayi kiri kubibasira, ndetse n’abagiye kwivuriza ku Kigo cy’Ubuzima (Poste de Santé) cya Bunyoni kibegereye, kikababwira ko kitabavurira kuri Mituweli.

Aba baturage bavuga ko iki cyorezo kimaze gufata benshi, kandi ngo iyo cyageze mu rugo rumwe, abarurimo bose kibageraho.

Nyirabusiha Venantie ati “Iki kirwara cyankubise hasi n’abuzukuru banjye, twese kiratuzambije kandi sinjye njyenyine; ni aka gasozi kose. Urebye cyahereye aha kirazamuka cyurira uyu musozi.”

Sibonteze Albert ati “Aka gace kose rwose cyatugezeho. Mu rugo twese twararwaye, n’aha kwa mudugudu bararwara, kuri uru rugo, umukecuru waho nawe amaze iminsi arwaye. Mbese uwo gifashe niba aryamye, uwo baryamanye nawe bucya yarwaye.”

Cyokora ikibahangayikishije kurushaho, ni uko ivuriro rito rya Bunyoni ribari hafi ritakira abivuriza kuri Mituweli, bityo bigatuma ab’intege nke bashobora kurembera mu ngo zabo mu gihe badafite ubushobozi bwo kwivuza biyishyurira 100%.

Nyirabusiha Venantie ati “Turi abakene, ariko badufasha bakaduha imiti nk’uko bari kuyihereza abandi barwaye iki cyorezo muri Rubavu. Nk’ubu nagiye ku Kivumu ngenda saa kumi n’ebyiri, ngerayo saa sita. Cyokora ho bamvurira kuri Mituweli, ngaruka gake gake n’abuzukuru banjye. Saa moya (za nijoro) twari tugeze mu rugo.”

Ayingeneye Dancille na we ati “Nararwaye mbura n’imiti, ni yo mpamvu niryamiye hano kuko nta mafaranga mfite. Ahubwo mutuvuganire baduhereze imiti.”

Ngabo Pie Denys ukorera muri iri vuriro rito rya Bunyoni, agaragaza ko impamvu bishyuza abaturage 100% ari uko batarahabwa ibyangombwa byo gukorana na Mituweli, agahera aho asaba ko ibi byangombwa byajya byihuta.

Ngabo Pie Denys ati “Impamvu tubishyuza 100% ni uko tutarahabwa access yo gukorana na Mituweli, kandi natwe biraduhombya. Twasaba ko ibyangombwa byajya byihutishwa cyane ibitangwa na RDB.”

Naho ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro, mu butumwa bugufi bwahaye umunyamakuru kuri telefone, Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro, Umuganwa Marie Chantal, yirinze kugira icyo avuga kuri icyo cyorezo kivugwa n’abaturage.

Gusa avuga ko ntawe ukwiye kurembera mu rugo kubera kubura ubushobozi, ndetse ko uwabuze uko yivuza biteguye kumufasha. Ni mu gihe iyi Poste de Santé ya Bunyoni ngo hari ibyangombwa irimo kuzuza muri RSSB ngo ibashe kwakira abarwayi bakoresha Mituweli.

Abaturage bamwe baheze mu kirago
Bavuga ko n’ikigo cy’ubuzima kibegereye gikomeje kubatenguha

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Umuhigo w’abarangije muri Kaminuza ya Mount Kigali yashyize ku isoko ry’umurimo abarenga 1.000

Next Post

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.