• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

radiotv10by radiotv10
09/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y’amazi meza anyura mu Mudugudu wabo, ariko bo bakaba bakivoma amazi mabi, badatinya kwita ibiziba, bayakoresha muri byose no kuyanywa.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Bunyoni, Umurenge wa Kivumu, bavuga ko bamaze igihe kirenga imyaka itanu basaba amazi meza kuko bavoma mu gishanga, ariko bakategereza igisubizo bagaheba.

Umusaza witwa Habinshuti François Xavier, umunyamakuru yasanze yagiye  kuvoma amazi yo mu bishanga, kimwe n’abandi baturage bo muri Gitwa, yamubwiranye agahinda ko kuba bakivoma amazi mabi, kandi bazi neza ko imiyoboro ijyana ameza ahandi, inyura hafi yabo. Yagize ati “Uko uyabona ni ko tuyakoresha, mu guteka, kumesa n’ibindi.”

Senzira Jean Damascène na we yagize ati “Ntiwareba ukuntu aba yanduye! Hari ibikeri, inzoka… Kuyavoma ni ukubura amazi, kuko iyo umuntu yishwe n’inyota birangira ayagotomereye.”

Iyamuremye na we ati “Amazi meza aho ari ni kure ku muhanda; bisaba urugendo rw’amasaha abiri ku musore kugira ngo agaruke kandi amatiyo anyura muri uyu Mudugudu wacu, ariko twe nta mazi tugira.”

Gusa Umukuru w’Umudugudu wa Gitwa, Bayagambe Daphrose, we agaragaza ko hari intambwe iherutse guterwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro.

Yagize ati “Mu nteko y’abaturage, Visi Meya yatubwiye ko hagiye gukorwa igishushanyo mbonera, kandi ko amazi azatangwa hashingiwe ku buryo abantu batuye. Urebye koko turanywa amazi mabi, n’ubwo abajyanama baduha inama z’uko twayasukura, ariko abantu bose ntibabyumvaga kimwe. Ni na yo mpamvu usanga abana barwara inzoka kubera umwanda uva kuri ayo mazi.”

Mudacumura Emmanue, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) ishami rya Rutsiro, avuga ko aba baturage bahoranye amazi meza ariko bakaza kwangiza bimwe mu bikorwa remezo byayo, bityo ikibazo cyabo kigiye gushakirwa umuti mu gihe cya vuba.

Ati “Habayeho kwangiza ibikoresho by’amazi. Abacunga iyo zone babwiye abaturage ko ari bo babyangije bityo bakwiye gushaka amafaranga yo kugura ibyo bikoresho bishyirwemo. Tugiye gukorana n’abo bacunga zone bagura mubazi bashyirweho bityo abaturage bavome. Tuzanakora ubukangurambaga kugira ngo bamenye ko ibikorwaremezo ari ibyabo kandi ko kubyangiza bibagiraho ingaruka. Turabikurikirana kandi vuba birakemuka.”

Kugeza ubu, Akarere ka Rutsiro kari kuri 69.7% by’abaturage bagerwaho n’amazi meza, mu gihe gahunda ya 2 y’imbaturabukungu ya Guverinoma y’u Rwanda (NST2) iteganya ko bitarenze umwaka wa 2029, abaturage bose bazaba bagerwaho n’amazi meza.

Baracyavoma amazi yo mu bishanga

Basaba ko na bo bahabwa amazi meza nk’abandi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 19 =

Previous Post

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Next Post

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.