Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

radiotv10by radiotv10
09/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y’amazi meza anyura mu Mudugudu wabo, ariko bo bakaba bakivoma amazi mabi, badatinya kwita ibiziba, bayakoresha muri byose no kuyanywa.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Bunyoni, Umurenge wa Kivumu, bavuga ko bamaze igihe kirenga imyaka itanu basaba amazi meza kuko bavoma mu gishanga, ariko bakategereza igisubizo bagaheba.

Umusaza witwa Habinshuti François Xavier, umunyamakuru yasanze yagiye  kuvoma amazi yo mu bishanga, kimwe n’abandi baturage bo muri Gitwa, yamubwiranye agahinda ko kuba bakivoma amazi mabi, kandi bazi neza ko imiyoboro ijyana ameza ahandi, inyura hafi yabo. Yagize ati “Uko uyabona ni ko tuyakoresha, mu guteka, kumesa n’ibindi.”

Senzira Jean Damascène na we yagize ati “Ntiwareba ukuntu aba yanduye! Hari ibikeri, inzoka… Kuyavoma ni ukubura amazi, kuko iyo umuntu yishwe n’inyota birangira ayagotomereye.”

Iyamuremye na we ati “Amazi meza aho ari ni kure ku muhanda; bisaba urugendo rw’amasaha abiri ku musore kugira ngo agaruke kandi amatiyo anyura muri uyu Mudugudu wacu, ariko twe nta mazi tugira.”

Gusa Umukuru w’Umudugudu wa Gitwa, Bayagambe Daphrose, we agaragaza ko hari intambwe iherutse guterwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro.

Yagize ati “Mu nteko y’abaturage, Visi Meya yatubwiye ko hagiye gukorwa igishushanyo mbonera, kandi ko amazi azatangwa hashingiwe ku buryo abantu batuye. Urebye koko turanywa amazi mabi, n’ubwo abajyanama baduha inama z’uko twayasukura, ariko abantu bose ntibabyumvaga kimwe. Ni na yo mpamvu usanga abana barwara inzoka kubera umwanda uva kuri ayo mazi.”

Mudacumura Emmanue, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) ishami rya Rutsiro, avuga ko aba baturage bahoranye amazi meza ariko bakaza kwangiza bimwe mu bikorwa remezo byayo, bityo ikibazo cyabo kigiye gushakirwa umuti mu gihe cya vuba.

Ati “Habayeho kwangiza ibikoresho by’amazi. Abacunga iyo zone babwiye abaturage ko ari bo babyangije bityo bakwiye gushaka amafaranga yo kugura ibyo bikoresho bishyirwemo. Tugiye gukorana n’abo bacunga zone bagura mubazi bashyirweho bityo abaturage bavome. Tuzanakora ubukangurambaga kugira ngo bamenye ko ibikorwaremezo ari ibyabo kandi ko kubyangiza bibagiraho ingaruka. Turabikurikirana kandi vuba birakemuka.”

Kugeza ubu, Akarere ka Rutsiro kari kuri 69.7% by’abaturage bagerwaho n’amazi meza, mu gihe gahunda ya 2 y’imbaturabukungu ya Guverinoma y’u Rwanda (NST2) iteganya ko bitarenze umwaka wa 2029, abaturage bose bazaba bagerwaho n’amazi meza.

Baracyavoma amazi yo mu bishanga

Basaba ko na bo bahabwa amazi meza nk’abandi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 2 =

Previous Post

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Next Post

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.