Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

radiotv10by radiotv10
09/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru by’i Burundi, aravuga ko abasirikare b’iki Gihugu bari gupfira no gukomerekera mu mirwano iri kubera mu burasirazuba bwa DRC, bakomeje kwiyongera mu buryo budasanzwe, bamwe mu bapfuye bagashyingurwa mu buryo bw’ibanga rikomeye kandi hutihuti.

Ikinyamakuru dukesha SOS Médias Burundi dukesha aya makuru, kivuga ko kugeza kuri uyu wa Mbere tariki 08 Ukuboza 2025, abasirikare b’u Burundi bari bakomeje kugarizwa mu mirwano bari gufashamo FARDC mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iki kinyamakuru kivuga ko abaguye ku rugamba ndetse n’abarukomerekeyeho, bakomeje kuzanwa umusubirizo, aho bivugwa ko habarwa inkomere zirenga 100, zirimo 87 zajyanywe mu Bitaro bya Kamenge mu majyaruguru ya Bujumbura.

Ni mu gihe ubutegetsi bw’u Burundi bukomeje kuryumaho ku mpfu z’abasirikare babwo bari kugwa muri iyi mirwano, gusa amakuru atangwa n’abatangabuhamya, yemeza ko hari benshi bashyinguwe mu buryo bw’ibanga rikomeye.

Amakuru yageze kuri iki kinyamakuru, avuga ko bariya basirikare 87 bakomerekeye ku rugamba, bari kuvurirwa mu gice cya Urgence mu Bitaro bya Gisirikare bya Kamenge.

Umunyamakuru wahageze, yagize ati “Biroroshye guhita ubamenya: abenshi bambanye imyambaro ya siporo y’umutuku. Benshi muri bo bapfutse amaboko.”

Undi munyamakuru na we yagize ati “Salle ebyiri za Urgence ziruzuye. Igitanda kimwe kiri kuryamwaho n’abarwayi bagera kuri batatu.”

Ni mu gihe kandi hari n’inkomere zajyanywe ahari ubwirinzi bw’ibitero by’indege, hafi y’ikibuga cy’indege cya Bujumbura, kizwi nka Guantanamo, ahari no gushyirwa imwe mu mirambo y’abaguye ku rugamba ijyanwa mu byuma biyikonjesha ngo itangirika.

Hari n’abandi bari kujyanwa mu bitaro byigenga birimo Tanganyika Care Polyclinic.

SOS Médias Burundi iravuga ko kuva tariki 01 Ukuboza, abasirikare benshi b’u Burundi baguye mu mirwano muri za Lokarite zinyuranye nka Lubarika, Mitambili, Katogota, Luvungi na Sange, ahakomeje n’ubundi kubera imirwano ikomeye.

Mu baguye ku rugamba, barimo Lieutenant-Colonel Athanase Minani, akaba ari n’umusirikare ufite ipeti ryo hejuru umaze gupfira muri iyi mirwano, kuva u Burundi bwajya muri uru rugamba rwo muri Congo.

Ku munsi wo ku Cyumweru gusa, abasirikare barindwi baguye mu mirwano yabereye Sange nk’uko amakuru aturuka hariya abyemeza, mu gihe kandi hari andi makuru avuga ko abasirikare barenga 30 bamaze kuhasiga ubuzima kuva uku kwezi kwatangira.

Amakuru avuga ko imwe mu mirambo y’abasirikare bagwa ku rugamba, ihita ishyingurwa vuba na bwangu, ndetse nta n’abo mu miryango ya ba nyakwigendera bahakandagiye.

Amakuru avuga ko amakamyo menshi y’igisirikare, ajya muri biriya bice mu masaha y’ijoro, gushakisha ababa baguye mu mirwano. Imirambo izanwa mu Gihugu mu buryo bwo ku mugaragaro, ni yo yonyine ishyingurwa hari abo mu miryango yabo.

Umwe mu bo mu miryango yapfushije abayo, yagize ati “ndetse n’imihango yo kubashyingura, itegurwa état-major. Birabujijwe kuvuga ijambo Congo.”

Ubu buryo ubutegetsi bw’u Burundi buri kwitwara muri iki kibazo, bukomeje guteza urunturuntu mu miryango ya bamwe mu basirikare batazi irengero ry’abana babo.

Major Ernest Gashirahamwe wa FDNB wiciwe muri Kivu ya Ruguru mu kwezi k’Ugushyingo 2023
Abasirikare bari gufasha FARDC barugarijwe muri Congo

Ivomo: SOS Médias Burundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 3 =

Previous Post

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

Next Post

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Related Posts

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the Government of the Democratic Republic of Congo, has confirmed that it has taken control...

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.