Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

radiotv10by radiotv10
09/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru by’i Burundi, aravuga ko abasirikare b’iki Gihugu bari gupfira no gukomerekera mu mirwano iri kubera mu burasirazuba bwa DRC, bakomeje kwiyongera mu buryo budasanzwe, bamwe mu bapfuye bagashyingurwa mu buryo bw’ibanga rikomeye kandi hutihuti.

Ikinyamakuru dukesha SOS Médias Burundi dukesha aya makuru, kivuga ko kugeza kuri uyu wa Mbere tariki 08 Ukuboza 2025, abasirikare b’u Burundi bari bakomeje kugarizwa mu mirwano bari gufashamo FARDC mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iki kinyamakuru kivuga ko abaguye ku rugamba ndetse n’abarukomerekeyeho, bakomeje kuzanwa umusubirizo, aho bivugwa ko habarwa inkomere zirenga 100, zirimo 87 zajyanywe mu Bitaro bya Kamenge mu majyaruguru ya Bujumbura.

Ni mu gihe ubutegetsi bw’u Burundi bukomeje kuryumaho ku mpfu z’abasirikare babwo bari kugwa muri iyi mirwano, gusa amakuru atangwa n’abatangabuhamya, yemeza ko hari benshi bashyinguwe mu buryo bw’ibanga rikomeye.

Amakuru yageze kuri iki kinyamakuru, avuga ko bariya basirikare 87 bakomerekeye ku rugamba, bari kuvurirwa mu gice cya Urgence mu Bitaro bya Gisirikare bya Kamenge.

Umunyamakuru wahageze, yagize ati “Biroroshye guhita ubamenya: abenshi bambanye imyambaro ya siporo y’umutuku. Benshi muri bo bapfutse amaboko.”

Undi munyamakuru na we yagize ati “Salle ebyiri za Urgence ziruzuye. Igitanda kimwe kiri kuryamwaho n’abarwayi bagera kuri batatu.”

Ni mu gihe kandi hari n’inkomere zajyanywe ahari ubwirinzi bw’ibitero by’indege, hafi y’ikibuga cy’indege cya Bujumbura, kizwi nka Guantanamo, ahari no gushyirwa imwe mu mirambo y’abaguye ku rugamba ijyanwa mu byuma biyikonjesha ngo itangirika.

Hari n’abandi bari kujyanwa mu bitaro byigenga birimo Tanganyika Care Polyclinic.

SOS Médias Burundi iravuga ko kuva tariki 01 Ukuboza, abasirikare benshi b’u Burundi baguye mu mirwano muri za Lokarite zinyuranye nka Lubarika, Mitambili, Katogota, Luvungi na Sange, ahakomeje n’ubundi kubera imirwano ikomeye.

Mu baguye ku rugamba, barimo Lieutenant-Colonel Athanase Minani, akaba ari n’umusirikare ufite ipeti ryo hejuru umaze gupfira muri iyi mirwano, kuva u Burundi bwajya muri uru rugamba rwo muri Congo.

Ku munsi wo ku Cyumweru gusa, abasirikare barindwi baguye mu mirwano yabereye Sange nk’uko amakuru aturuka hariya abyemeza, mu gihe kandi hari andi makuru avuga ko abasirikare barenga 30 bamaze kuhasiga ubuzima kuva uku kwezi kwatangira.

Amakuru avuga ko imwe mu mirambo y’abasirikare bagwa ku rugamba, ihita ishyingurwa vuba na bwangu, ndetse nta n’abo mu miryango ya ba nyakwigendera bahakandagiye.

Amakuru avuga ko amakamyo menshi y’igisirikare, ajya muri biriya bice mu masaha y’ijoro, gushakisha ababa baguye mu mirwano. Imirambo izanwa mu Gihugu mu buryo bwo ku mugaragaro, ni yo yonyine ishyingurwa hari abo mu miryango yabo.

Umwe mu bo mu miryango yapfushije abayo, yagize ati “ndetse n’imihango yo kubashyingura, itegurwa état-major. Birabujijwe kuvuga ijambo Congo.”

Ubu buryo ubutegetsi bw’u Burundi buri kwitwara muri iki kibazo, bukomeje guteza urunturuntu mu miryango ya bamwe mu basirikare batazi irengero ry’abana babo.

Major Ernest Gashirahamwe wa FDNB wiciwe muri Kivu ya Ruguru mu kwezi k’Ugushyingo 2023
Abasirikare bari gufasha FARDC barugarijwe muri Congo

Ivomo: SOS Médias Burundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 1 =

Previous Post

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

Next Post

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.