Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

radiotv10by radiotv10
10/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2027, ndetse n’ivuka ry’itsinda ryiyemeje gushyigikira Ndayishimiye.

Radio RPA (Radio Publique Africaine) dukesha aya makuru, iravuga ko ku wa Gatandatu tariki 06 Ukuboza 2025 habaye inama idasanzwe y’iri shyaka rya CNDD-FDD yabereye i Cankuzo, yagaragaje ko hashobora kuba hari ugucikamo ibice muri iri shyaka.

Bamwe mu barwanashya ba CNDD-FDD bakoze itsinda bise ‘Bene Samurarwa’ baniyemeza gushinga Ihuriro rishyigikiye Perezida Évariste Ndayishimiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2027.

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko aya macakubiri avugwa muri iri shyaka, agenda yigiza hirya uruhare rw’urubyiruko n’abaturage mu migambi y’iri shyaka.

Tariki ya 05 n’iya 06 Ukuboza 2025, muri Hoteli ya Ruvubu Park Hôtel iri muri kariya gace ka Cankuzo, habaye inama y’abagize ririya Huriro rya Bagumyabanaga ryiyise Bene Samurarwa, bari bambaye imipira ibaranga.

Umwe mu bayitabiriye yavuze ko yari igamije guhamagarira abagize ririya tsinda gukora ubukangurambaga mu Gihugu hose, bwo gukangurira abaturage kuzashyigikira Perezida Ndayishimiye. Izindi nama nk’iyi kandi zabaye mu bindi bice byo mu zindi Ntara, gusa iriya yo yafatwaga nk’iyihariye.

Mu bayitabiriye, harimo Minisitiri w’Ingabo, Marie Chantal Nijimbere, Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa CNDD-FDD Cyriaque Nshimirimana, abasirikare bakuru mu Gisirikare cy’u Burundi, kimwe n’abacuruzi bakomeye, ndetse n’Abadepite bakomoka muri Buhumuza.

Amakuru avuga ko aba bayobozi bakuru bitabiriye iriya nama bari mu bagomba kuziyunga kuri ririya tsinda rishya riherutse kuvuka muri CNDD-FDD. Iyi nama yabaye mu gicuku, hagati ya saa sita z’ijoro na saa cyenda, ndetse mu gitondo cya kare ikurikirwa n’umuganda rusange wabereye muri Cankuzo, mbere yuko abitabiriye iriya nama bataha.

RPA ivuga ko muri iki gihe bamwe mu bakomeye muri CNDD-FDD barimo Révérien Ndikuriyo, akaba n’Umunyamabanga Mukuru w’iri shyaka, ndetse na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi Umutwe w’Abadepite Gélase Daniel Ndabirabe, na Gervais Ndirakobuca Perezida wa Sena, badahuza n’iri tsinda ryiyemeje gushyigikira Perezida Ndayishimiye, ku bijyanye no guhitamo umukandida uzahagararira ishyaka mu matora ya 2027.

Iki kinyamakuru kikavuga ko uku kutavuga rumwe kuri mu ishyaka, gushobora kuba intandaro ya bomboribombori ishobora gutuma ibintu biba bibi mu Ishyaka mu gihe ibibazo bitaba bibonewe umuti mbere y’amatora.

Ivomo: RPA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

Next Post

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Related Posts

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru by’i Burundi, aravuga ko abasirikare b’iki Gihugu bari gupfira no gukomerekera mu mirwano iri kubera mu burasirazuba...

IZIHERUKA

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI
IBYAMAMARE

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.