Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

radiotv10by radiotv10
10/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2027, ndetse n’ivuka ry’itsinda ryiyemeje gushyigikira Ndayishimiye.

Radio RPA (Radio Publique Africaine) dukesha aya makuru, iravuga ko ku wa Gatandatu tariki 06 Ukuboza 2025 habaye inama idasanzwe y’iri shyaka rya CNDD-FDD yabereye i Cankuzo, yagaragaje ko hashobora kuba hari ugucikamo ibice muri iri shyaka.

Bamwe mu barwanashya ba CNDD-FDD bakoze itsinda bise ‘Bene Samurarwa’ baniyemeza gushinga Ihuriro rishyigikiye Perezida Évariste Ndayishimiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2027.

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko aya macakubiri avugwa muri iri shyaka, agenda yigiza hirya uruhare rw’urubyiruko n’abaturage mu migambi y’iri shyaka.

Tariki ya 05 n’iya 06 Ukuboza 2025, muri Hoteli ya Ruvubu Park Hôtel iri muri kariya gace ka Cankuzo, habaye inama y’abagize ririya Huriro rya Bagumyabanaga ryiyise Bene Samurarwa, bari bambaye imipira ibaranga.

Umwe mu bayitabiriye yavuze ko yari igamije guhamagarira abagize ririya tsinda gukora ubukangurambaga mu Gihugu hose, bwo gukangurira abaturage kuzashyigikira Perezida Ndayishimiye. Izindi nama nk’iyi kandi zabaye mu bindi bice byo mu zindi Ntara, gusa iriya yo yafatwaga nk’iyihariye.

Mu bayitabiriye, harimo Minisitiri w’Ingabo, Marie Chantal Nijimbere, Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa CNDD-FDD Cyriaque Nshimirimana, abasirikare bakuru mu Gisirikare cy’u Burundi, kimwe n’abacuruzi bakomeye, ndetse n’Abadepite bakomoka muri Buhumuza.

Amakuru avuga ko aba bayobozi bakuru bitabiriye iriya nama bari mu bagomba kuziyunga kuri ririya tsinda rishya riherutse kuvuka muri CNDD-FDD. Iyi nama yabaye mu gicuku, hagati ya saa sita z’ijoro na saa cyenda, ndetse mu gitondo cya kare ikurikirwa n’umuganda rusange wabereye muri Cankuzo, mbere yuko abitabiriye iriya nama bataha.

RPA ivuga ko muri iki gihe bamwe mu bakomeye muri CNDD-FDD barimo Révérien Ndikuriyo, akaba n’Umunyamabanga Mukuru w’iri shyaka, ndetse na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi Umutwe w’Abadepite Gélase Daniel Ndabirabe, na Gervais Ndirakobuca Perezida wa Sena, badahuza n’iri tsinda ryiyemeje gushyigikira Perezida Ndayishimiye, ku bijyanye no guhitamo umukandida uzahagararira ishyaka mu matora ya 2027.

Iki kinyamakuru kikavuga ko uku kutavuga rumwe kuri mu ishyaka, gushobora kuba intandaro ya bomboribombori ishobora gutuma ibintu biba bibi mu Ishyaka mu gihe ibibazo bitaba bibonewe umuti mbere y’amatora.

Ivomo: RPA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + twelve =

Previous Post

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

Next Post

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.