Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

radiotv10by radiotv10
10/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2027, ndetse n’ivuka ry’itsinda ryiyemeje gushyigikira Ndayishimiye.

Radio RPA (Radio Publique Africaine) dukesha aya makuru, iravuga ko ku wa Gatandatu tariki 06 Ukuboza 2025 habaye inama idasanzwe y’iri shyaka rya CNDD-FDD yabereye i Cankuzo, yagaragaje ko hashobora kuba hari ugucikamo ibice muri iri shyaka.

Bamwe mu barwanashya ba CNDD-FDD bakoze itsinda bise ‘Bene Samurarwa’ baniyemeza gushinga Ihuriro rishyigikiye Perezida Évariste Ndayishimiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2027.

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko aya macakubiri avugwa muri iri shyaka, agenda yigiza hirya uruhare rw’urubyiruko n’abaturage mu migambi y’iri shyaka.

Tariki ya 05 n’iya 06 Ukuboza 2025, muri Hoteli ya Ruvubu Park Hôtel iri muri kariya gace ka Cankuzo, habaye inama y’abagize ririya Huriro rya Bagumyabanaga ryiyise Bene Samurarwa, bari bambaye imipira ibaranga.

Umwe mu bayitabiriye yavuze ko yari igamije guhamagarira abagize ririya tsinda gukora ubukangurambaga mu Gihugu hose, bwo gukangurira abaturage kuzashyigikira Perezida Ndayishimiye. Izindi nama nk’iyi kandi zabaye mu bindi bice byo mu zindi Ntara, gusa iriya yo yafatwaga nk’iyihariye.

Mu bayitabiriye, harimo Minisitiri w’Ingabo, Marie Chantal Nijimbere, Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa CNDD-FDD Cyriaque Nshimirimana, abasirikare bakuru mu Gisirikare cy’u Burundi, kimwe n’abacuruzi bakomeye, ndetse n’Abadepite bakomoka muri Buhumuza.

Amakuru avuga ko aba bayobozi bakuru bitabiriye iriya nama bari mu bagomba kuziyunga kuri ririya tsinda rishya riherutse kuvuka muri CNDD-FDD. Iyi nama yabaye mu gicuku, hagati ya saa sita z’ijoro na saa cyenda, ndetse mu gitondo cya kare ikurikirwa n’umuganda rusange wabereye muri Cankuzo, mbere yuko abitabiriye iriya nama bataha.

RPA ivuga ko muri iki gihe bamwe mu bakomeye muri CNDD-FDD barimo Révérien Ndikuriyo, akaba n’Umunyamabanga Mukuru w’iri shyaka, ndetse na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi Umutwe w’Abadepite Gélase Daniel Ndabirabe, na Gervais Ndirakobuca Perezida wa Sena, badahuza n’iri tsinda ryiyemeje gushyigikira Perezida Ndayishimiye, ku bijyanye no guhitamo umukandida uzahagararira ishyaka mu matora ya 2027.

Iki kinyamakuru kikavuga ko uku kutavuga rumwe kuri mu ishyaka, gushobora kuba intandaro ya bomboribombori ishobora gutuma ibintu biba bibi mu Ishyaka mu gihe ibibazo bitaba bibonewe umuti mbere y’amatora.

Ivomo: RPA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − five =

Previous Post

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

Next Post

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Related Posts

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.