Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga ko babuze uko basubirayo nyuma yuko u Burundi bufashe icyemezo cyo gufunga umupaka.

Ikinyamakuru SOS Médias Burundi gikorera i Burundi, kiravuga ko i Bujumbura hari kubarirwa Abanyekongo benshi bahunze imirwano yari imaze igihe muri Uvira mbere ya tariki 10 Ukuboza 2025 ubwo AFC/M23 yafataga uyu Mujyi wo muri Kivu y’Epfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Hari kandi bamwe mu Banyekongo bari binjiye i Burundi mu buryo bunyuze mu nzira zemewe, bagiye mu bikorwa binyuranye nko kwivuza, mu bucuruzi, ingendo zisanzwe cyangwa gusura abo mu miryango yabo.

Iki kinyamakuru kiravuga ko kuva AFC/M23 yafata uriya mujyi, Leta y’u Burundi na yo igahita ifata icyemezo cyo gufunga umupaka, aba Banyekongo babuze uko basubira iwabo.

Ni mu gihe kandi n’ubundi mu bice bimwe na bimwe muri Kivu y’Epfo, bikomeje gututumbamo ibibazo by’umutekano bituma hari Abanyekongo bahunga intambara, aho abari guhunga barimo abo mu bice nka Makoboro, Lusenda, Mboko, na Baraka, byo muri Teritwari za Uvira na Fizi.

Aba Banyekongo bari kujya gushaka ubuhungiro mu Burundi, banyuze inzira z’ikiyaka cya Tanganyika, dore ko ari imwe mu nzira isigiye ishoboka yo kwambuka.

Samuel, umwe mu Banyekongo wo muri Uvira wari wagiye i Bujumbura agiye kwivuza, yavuze ko afite agahinda nyuma yo kubura uko asubira iwabo.

Yagize ati “Naje i Bujumbura nje kwivuza. Ubwo numvaga ko ibintu bikomeye muri Uvira, nafashe icyemezo cyo kujya kureba umugore n’abana banjye. Ubwo nageraga i Gatumba, abakozi b’u Burundi bambwiye ko Umupaka wafunzwe, nsubira i Bujumbura. Naguye mu kantu, nta n’ubwo nzi niba umuryango wanjye ukiriho.”

Undi witwa Kituza, umucuruzi ukomoka muri Uvura, yavuze ko na we ubwo yasubiraga iwe, yabwiye ko ibintu byose byafunzwe.

Ati “Byabaye ngombwa ko nsubira i Bujumbura. Nagerageje kubasobanurira ko mfite umuryango muri Uvira, kandi ko ibintu bitameze neza hariya, ko nifuza kujya kuwureba. Nibapfa nzapfane na bo, nitunarokoka tuzarokokere hamwe. Ariko ntacyo bamfashije.”

SOS Médias Burundi ivuga ko hagati ya tariki 05 n’iya 11 Ukuboza 2025, u Burundi bwari bumaze kwakira abantu ibihumbi 40 bari bahunze muri icyo cyumweru kimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + twelve =

Previous Post

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Next Post

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.