Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga ko babuze uko basubirayo nyuma yuko u Burundi bufashe icyemezo cyo gufunga umupaka.

Ikinyamakuru SOS Médias Burundi gikorera i Burundi, kiravuga ko i Bujumbura hari kubarirwa Abanyekongo benshi bahunze imirwano yari imaze igihe muri Uvira mbere ya tariki 10 Ukuboza 2025 ubwo AFC/M23 yafataga uyu Mujyi wo muri Kivu y’Epfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Hari kandi bamwe mu Banyekongo bari binjiye i Burundi mu buryo bunyuze mu nzira zemewe, bagiye mu bikorwa binyuranye nko kwivuza, mu bucuruzi, ingendo zisanzwe cyangwa gusura abo mu miryango yabo.

Iki kinyamakuru kiravuga ko kuva AFC/M23 yafata uriya mujyi, Leta y’u Burundi na yo igahita ifata icyemezo cyo gufunga umupaka, aba Banyekongo babuze uko basubira iwabo.

Ni mu gihe kandi n’ubundi mu bice bimwe na bimwe muri Kivu y’Epfo, bikomeje gututumbamo ibibazo by’umutekano bituma hari Abanyekongo bahunga intambara, aho abari guhunga barimo abo mu bice nka Makoboro, Lusenda, Mboko, na Baraka, byo muri Teritwari za Uvira na Fizi.

Aba Banyekongo bari kujya gushaka ubuhungiro mu Burundi, banyuze inzira z’ikiyaka cya Tanganyika, dore ko ari imwe mu nzira isigiye ishoboka yo kwambuka.

Samuel, umwe mu Banyekongo wo muri Uvira wari wagiye i Bujumbura agiye kwivuza, yavuze ko afite agahinda nyuma yo kubura uko asubira iwabo.

Yagize ati “Naje i Bujumbura nje kwivuza. Ubwo numvaga ko ibintu bikomeye muri Uvira, nafashe icyemezo cyo kujya kureba umugore n’abana banjye. Ubwo nageraga i Gatumba, abakozi b’u Burundi bambwiye ko Umupaka wafunzwe, nsubira i Bujumbura. Naguye mu kantu, nta n’ubwo nzi niba umuryango wanjye ukiriho.”

Undi witwa Kituza, umucuruzi ukomoka muri Uvura, yavuze ko na we ubwo yasubiraga iwe, yabwiye ko ibintu byose byafunzwe.

Ati “Byabaye ngombwa ko nsubira i Bujumbura. Nagerageje kubasobanurira ko mfite umuryango muri Uvira, kandi ko ibintu bitameze neza hariya, ko nifuza kujya kuwureba. Nibapfa nzapfane na bo, nitunarokoka tuzarokokere hamwe. Ariko ntacyo bamfashije.”

SOS Médias Burundi ivuga ko hagati ya tariki 05 n’iya 11 Ukuboza 2025, u Burundi bwari bumaze kwakira abantu ibihumbi 40 bari bahunze muri icyo cyumweru kimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Next Post

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.