• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga ko babuze uko basubirayo nyuma yuko u Burundi bufashe icyemezo cyo gufunga umupaka.

Ikinyamakuru SOS Médias Burundi gikorera i Burundi, kiravuga ko i Bujumbura hari kubarirwa Abanyekongo benshi bahunze imirwano yari imaze igihe muri Uvira mbere ya tariki 10 Ukuboza 2025 ubwo AFC/M23 yafataga uyu Mujyi wo muri Kivu y’Epfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Hari kandi bamwe mu Banyekongo bari binjiye i Burundi mu buryo bunyuze mu nzira zemewe, bagiye mu bikorwa binyuranye nko kwivuza, mu bucuruzi, ingendo zisanzwe cyangwa gusura abo mu miryango yabo.

Iki kinyamakuru kiravuga ko kuva AFC/M23 yafata uriya mujyi, Leta y’u Burundi na yo igahita ifata icyemezo cyo gufunga umupaka, aba Banyekongo babuze uko basubira iwabo.

Ni mu gihe kandi n’ubundi mu bice bimwe na bimwe muri Kivu y’Epfo, bikomeje gututumbamo ibibazo by’umutekano bituma hari Abanyekongo bahunga intambara, aho abari guhunga barimo abo mu bice nka Makoboro, Lusenda, Mboko, na Baraka, byo muri Teritwari za Uvira na Fizi.

Aba Banyekongo bari kujya gushaka ubuhungiro mu Burundi, banyuze inzira z’ikiyaka cya Tanganyika, dore ko ari imwe mu nzira isigiye ishoboka yo kwambuka.

Samuel, umwe mu Banyekongo wo muri Uvira wari wagiye i Bujumbura agiye kwivuza, yavuze ko afite agahinda nyuma yo kubura uko asubira iwabo.

Yagize ati “Naje i Bujumbura nje kwivuza. Ubwo numvaga ko ibintu bikomeye muri Uvira, nafashe icyemezo cyo kujya kureba umugore n’abana banjye. Ubwo nageraga i Gatumba, abakozi b’u Burundi bambwiye ko Umupaka wafunzwe, nsubira i Bujumbura. Naguye mu kantu, nta n’ubwo nzi niba umuryango wanjye ukiriho.”

Undi witwa Kituza, umucuruzi ukomoka muri Uvura, yavuze ko na we ubwo yasubiraga iwe, yabwiye ko ibintu byose byafunzwe.

Ati “Byabaye ngombwa ko nsubira i Bujumbura. Nagerageje kubasobanurira ko mfite umuryango muri Uvira, kandi ko ibintu bitameze neza hariya, ko nifuza kujya kuwureba. Nibapfa nzapfane na bo, nitunarokoka tuzarokokere hamwe. Ariko ntacyo bamfashije.”

SOS Médias Burundi ivuga ko hagati ya tariki 05 n’iya 11 Ukuboza 2025, u Burundi bwari bumaze kwakira abantu ibihumbi 40 bari bahunze muri icyo cyumweru kimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + six =

Previous Post

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Next Post

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.