Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo
Share on FacebookShare on Twitter

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka bigo by’amashuri birenga 300, rikaba ryarafashije abantu barenga ibihumbi 980 kumenya gusoma no kwandika.

Iri Torera ryatangiye mu mwaka wa 1940 rizakora ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 85 tariki ya 20 Ukuboza 2025, ahateganyijwe amasengesho yo gushima Imana yabanye na ryo muri iyo myaka 85 ishize, banayereke igihe kiri imbere bayisaba kubafasha mu cyerekezo cya 2050.

Umushumba mukuru w’itorero ADEPR, Isaie Ndayizeye, yabwiye RADIOTV10 ko bagiye gushima Imana yabanye na bo guhera ku muntu umwe wabatijwe mu mwaka wa 1943 mu murenge umwe, none ubu bakaba barageze mu mirenge yose mu gihugu cyose, bafite abarenga miliyoni eshatu bakiriye ubutumwa, ari byo gushima Imana.

Yagize ati “Iki cyumweru, ku tariki ya 20 z’uku kwezi, ni igihe itorero ryafashe ngo dushimire Imana yabanye natwe mu myaka 85 itambutse, kandi dukomeze no kuyereka aho tugana mu gihe kiri imbere kugira ngo izabane natwe. Utekereje mu 1940, guhera mu murenge umwe, uyu munsi tukaba tumaze kugeza ubutumwa mu gihugu hose, guhera ku muntu umwe wakiriye Kristo akabatizwa mu 1943, uyu munsi tukaba tumaze kugera ku bakristo barenga miliyoni eshatu bamaze kwakira ubutumwa, n’umwanya wo gushimira Imana.”

Yakomeje avuga ko bitarenze abakiriye ubutumwa gusa, ahubwo ari n’urugendo rw’ibikorwa byo kuzana impinduka zuzuye. Yanavuze ko muri iyi myaka 85, abantu barenga 980,000 itorero ryabo ryabigishije gusoma, kwandika no kubara.

Ati “Birenze abakiriye ubutumwa, bikaba n’urugendo rw’ibikorwa byo kuzana impinduka zuzuye haba mu burezi, haba mu buzima, mu ishoramari, mu bikorwa byo gufasha abantu kwiteza imbere, kwigisha abantu bakuze kumenya gusoma, kwandika no kubara kugira ngo babone uko bakora ibikorwa bibateza imbere, kuko muri iyi myaka 85 abantu barenga 980,000 bamaze kwigishwa n’itorero, abenshi muri bo bagiye mu myuga ibafasha gutera imbere.”

Yanavuze ku musanzu iri torero ritanga kugira ngo Abanyarwanda bakomeze kubaka ubumwe mu rugendo rwo gukira ibikomere, anaganira ku cyerekezo itorero rifite cya 2050, aho bashaka kugira abakristo babayeho mu buryo bwuzuye, imiryango ibanye neza, ituye ahantu heza, no kubaka ibikorwa by’iterambere bifasha itorero gukomeza kuba igisubizo no gutanga umusanzu ukwiye aho ribarizwa.

Isaie Ndayizeye, umushumba mukuru wa ADEPR, yavuze ku musanzu itorero ritanga muri sosiyete nyarwanda mu buzima, aho bafite ikigo cy’ubwishingizi mu kwivuza, mu buhinzi no mu burezi, aho bafite ibigo 316.

Ati “Mu burezi dufite ibigo 316 birimo amashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbuye; hari ibitaro, hari ibigo nderabuzima bitatu, ariko hakaba n’ibikorwa byo gufasha abaturage kubashishikariza kugira ubwisungane mu kwivuza. Abadafite ubwo bushobozi itorero rikabafasha. Twanashyizeho ikigo cy’ubwishingizi mu kwivuza, UBF, na cyo ni ikindi gisubizo gihari.”

Yakomeje avuga ku ishoramari ririmo Dove Hotel, banashora no mu buhinzi. Ati “Mu ishoramari hari Dove Hotel n’ibindi bigo biyishamikiyeho. Dushimira ko ari umwe mu musanzu itorero ritanga ku rugendo rw’iterambere ry’igihugu cyacu. Mu buhinzi, itorero ryashyizeho gahunda yo kwigisha ubuhinzi bukoresha ubutaka buto butanga umusaruro, kuko iyo abakristo basoje amateraniro ku Cyumweru ari byiza kwibaza ngo bagiye kubaho mu buhe buzima, bakora iki. Harimo n’abakora ubuhinzi, ni yo mpamvu twashyizeho iyo gahunda dushyiraho abize ubuhinzi mu buryo bugezweho babahugura.”

Abajijwe ku mpinduka iri torero ryakoze zo gushyira mu nshingano abantu bize no kwimika abagore bakaba abapasitori, yasubije agira ati “Niba hari umuntu wavuye mu nshingano kuko atize, afite abana bize, Imana itegura uruhererekane rw’uburyo abantu bazakomeza gukora umurimo. Ni byiza kumenya impinduka nziza ziri mu gihugu cyacu. Turashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame washyizeho gahunda y’uburezi kuri bose. Nta muntu ukwiye kugira ikibazo ngo hagiyeho abayobozi mu matorero bize, ahubwo ikibazo cyaba itorero ryahisemo abantu bayobora batarize kandi bayobora Abanyarwanda bize.”

Itorero rya Pentekote ryo mu Rwanda (ADEPR) ryatangiriye i Gihundwe mu 1940, ryitwaga MLS (Mission Libre Suédoise), ritangirira mu cyahoze ari Ururembo rwa Cyangugu; ubu ni mu Itorero rya ADEPR, Akarere ka Rusizi, Intara y’Iburengerazuba. Ibiro byo kwizizihiza isabukuru y’imyaka 85, bizabera kuri Dove Hotel.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Next Post

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.