• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

radiotv10by radiotv10
23/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura urisobe rw’ibinyabuzima mu gace k’amayaga, Abaturage bazihawe bavuga ko zababyariye bakoroza abandi bikaba byarahinduye imibereho yabo binyuze mu kubona amata, ndeste n’ubuyobozi bw’intara y’amajyepfo bugashimangira ko uyu mushinga wunganiye gahunda ya girinka isanzweho kuko wihutishije umuhigo w’akarere wo kuba buri rugo rugomba kugira inka.

Mukandayisenga Vilginie wo mu murenge wa Mamba wahawe inka n’umushinga wa green amayaga ari bwo bwa mbere agiye kuyitunga, avuga ko imaze kubyara kabiri akaba yaramaze kuziturira undi muturage kuri ubu iyo nka ikaba yaramaze kuba iye .

Mukandayisenga ati “ Yabyaye ku wa 2 ubu ibyaye imbyaro ebyiri. Namaze kwitura ubu ni njyewe yabyariye. Imaze kungeza kuri byinshi abana baranywa amata.”

Mwunguzi Fabien uri mu kigero cy’imyaka 65 na 70 nawe wo mu murenge wa Mamba avuga ko kuva yabaho ari bwo bwa mbere yari atunze inka, aho amariye kuyihabwa ubu bikaba byarahinduye imibereho y’umuryango we.

Ati “Yarabyaye nditura, ubu yarongeye irambyarira. Amata ya mu gitondo ndayajyemura nkabona amafaranga, aya nimugoroba abuzukuru banjye bakayangwa.”

Uretse kubona amata atuma bakora ku ifaranga ndeste no mu ngo hakaboneka ayo kunywa, ifumbire itangwa nazo bavuga ko yongereye umusaruro w’ubuhinzi bwabo ku buryo bufatika, ugereranyije n’uko byari mbere yo kuzihabwa.

Nyirabanani Winifred agira ati “Nk’aho nsarura umufuka, mbere nahakuraga nk’ibiro 30 by’ibishyimbo n’ibiro 20 by’ibigori. Ariko urebe ibigori mfite hano hirya ukuntu bimeze”. 

Mukandayisenga nawe ati “Mbere ntarabona ifumbire nezaga ibiro 100 by’ibishyimbo, ariko ubu nsigaye neza ibiro 300”

Guverineri w’intara y’amajyepfo Kayitesi Alice avugako umushinga wa Green amayaga watanze izo nka wunganiye gahunda ya Girinka isanzwe ho ndetse binafasha kongera umubare w’inka mu karere ka Gisagara mu buryo bufatika.

Guverineri Kayitesi ati “Ubundi inka bivuze ubukungu n’imibereho myiza y’umuturage. Batangira gutanga izo nka Gisagara yari munsi ya 20% muri gahunda ya Girinka ndetse tukanabona bizadutwara imyaka myinshi bitewe n’ubushobozi bwari buhari. Ariko binyuze mu mushiga wa Green amayaga n’abandi bafatanya bikorwa batandukanye, ubu bari hejuru ya 68%.”

Umushinga wa Green amayaga watanze inka 113 mu karere ka Gisagara mu myaka 4 ishize aho buri muturage yahabwaga inka ihaka biza gutuma zororoka zigera kuri 247 mu buryo uwabyazaga yahitaga yoroza undi muturage udafite inka.

Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara busanzwe bufite umuhigo w’uko buri rugo rugomba kugira inka, buvuga ko uyu mushinga utangira guha inka abaturage igipimo cy’ingo zifite inka cyari kuri 30% ubu kigaba kigeze kuri 70%.

Mu yandi magambo bivuze ko kugeza ubu mu ngo 10 zo muri Gisagara, eshatu gusa ari zo zidatunze inka mu gihe muri 2021 ingo eshatu gusa mu icumi zo muri Gisagara ari zo gusa zari zitunze inka.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Next Post

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Related Posts

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/07/2026
0

Mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umusore yakubiswe na bagenzi be bari bamaze gusangira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Next Post
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.