• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

radiotv10by radiotv10
23/12/2025
in AMAHANGA
0
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo kumara ukwezi bafungiye ahantu hatazwi.

Abo bana n’abarimu bashimuswe bavuye ku ishuri ry’abapadiri (Catholic boarding school) riherereye mu gace ka Papiri, muri Leta ya Niger. Iri shimutwa ryafashwe nk’irindi rikomeye ribaye mu mashimutwa y’abantu benshi yagiye abaho muri Nigeria.

Kugeza ubu nta tsinda na rimwe ryigeze ryigamba cyangwa ngo ryemere ko ari ryo ryabikoze, ariko abaturage bo mu gace byabereyemo bavuga ko byakozwe n’amatsinda yitwaje intwaro asanzwe ashaka ingurane.

Ishimutwa ry’abantu, by’umwihariko abanyeshuri ku mashuri, rikomeje kuba ikibazo gikomeye cy’umutekano muke muri Nigeria ituwe cyane muri Afurika yose. Mu rwego rwo gukumira ibi bikorwa, abayobozi b’igihugu batangaje ko bagiye kongera ingamba zo kurinda amashuri n’abanyeshuri.

Umuhuzabikorwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Kurwanya Iterabwoba, Adamu Laka, yavuze ko Leta yatangiye gushyira mu bikorwa ingamba zihuse zo kurinda umutekano mu duce dufite ibyago byinshi, ikanakorana n’inzego z’ibanze, abayobozi b’amadini n’abandi hagamijwe gushaka ibisubizo birambye byubakiye ku baturage mu kurinda umutekano w’uburezi.

Ku kibazo cy’uko hari amafaranga y’incungu yatanzwe kugira ngo aba bari barashimuswe barekurwe, abayobozi banze kugisubiza.

Guverineri wa Leta ya Niger, Mohammed Umar Bago, yavuze ko icy’ingenzi ari uko abo bana n’abarimu bagaruwe amahoro, nta n’umwe wakomeretse, anongeraho ko uburyo byakozwemo ari ibanga rya Leta.

Ishuri ryemeje ko benshi mu bana bari bashimuswe bafite hagati y’imyaka 10 na 17, kandi biteganyijwe ko bazasubizwa mu miryango yabo mbere ya Noheli.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 17 =

Previous Post

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Next Post

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Related Posts

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Guverinoma ya Tanzaniya yohereje abasirikare n'abapolisi benshi i Dar es salaam, no mu yindi mijyi minini, ngo bajye gukumira imyigaragambyo...

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

by radiotv10
03/07/2026
0

Abanya-Uganda 273 bacyuwe mu Gihugu cyabo bakuwe muri Afurika y'Epfo, bakaba ari abagize icyiciro cya mbere cy’abo Guverinoma ya Uganda...

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Umugore w’imyaka 32 wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yabyaye abana babiri mu minsi ibiri, nyuma yo kumara amasaha...

Icyorezo cya Ebola kimaze iminsi gica ibintu muri Congo gishobora kubonerwa umuti

Icyorezo cya Ebola kimaze iminsi gica ibintu muri Congo gishobora kubonerwa umuti

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko muri Repeburika Iharanira Demokarasi ya Congo, hatangiye igeragezwa ry'imiti ibiri ishobora...

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

by radiotv10
02/07/2026
0

The arsonist-firefighter (pyromane-pompier) strategy: Understanding a persistent model of political and strategic manipulation. How DRC is manipulating the ICJ and...

Next Post
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.