Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

radiotv10by radiotv10
23/12/2025
in MU RWANDA
0
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya utu Turere twombi, utagira ikiraro, bityo bakambuka bavogera mu mazi ndetse igihe imvura iguye bakarara mu nzira kuko amazi aba yabaye menshi, abaturage banyura kuri uyu mugezi baracyatabaza ngo babone ikiraro bambukiraho.

Abo ni bamwe mu baturage bo mu Turere twa Rubavu na Rutsiro baganiriye na Radio TV10 muri Gashyantare 2024. Aba bagarukaga ku ruhuri rw’ibibazo baterwa n’uyu mugezi wa Bihongora utemba ugabanya imirenge ya Kanama na Nyabirasi mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba.

Bigirimana Martin ati: “Urabona ko mvuye kurangura, mu gihe cy’imvura rero hari igihe iri gare rigwamo, kandi naranguye ifu ugasanga yose irampombeye.”

Sezikeye (utuye hino y’umugezi muri Rubavu) ati: “Ndabacumbikira buri gihe rwose kuko n’ubu iguye baryama, nk’abagiye guhaha muri Karambo, za Mahoko…”

Burakaza ati: “Erega hano njye naraharaye umugezi wuzuye sinkuru, mbarirano; n’ukuvuga ngo iyo iguye ntihite ndarara, ariko biraturambiye rwose.”

Muri uko kwezi kwa Kabiri k’umwaka ushize wa 2024, ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwari bwatanze icyizere ko mu gihe gito iki kiraro kizatangira kubakwa kuko hari abafatanyabikorwa ngo bari bamaze kuboneka bashaka gufasha kucyubaka. Cyakora ubwo twageraga kuri uyu mugezi wa Bihongora, twasanze nta gikorwa na kimwe cyo kubaka ikiraro cyigeze gikorwa, ndetse abaturage bavuga ko basa n’aho birengagijwe.

Ndagijimana Eliezel ati: “N’ubu ntacyo baragikoraho; byaba byiza bakidukoreye mu buryo bwihuse ku buryo twajya dutaha bitworoheye.”

Dusengimana Jean Claude (umumotari wo muri Kanama) ati: “Gucamo ni ibibazo kuko iyo umugezi wuzuye, abo hirya ni uguhera iyo, n’abo hino bakahahera, tukabura uko twambuka, kandi abaturage bashaka gutaha, bityo natwe tukabura amafaranga.”

Nzamuye Diyonizi ati: “Umutekano ni mucye kuko iyo imvura iguye uyu mugezi uruzura cyane; mbese kizanakemuka ari uko uturere twombi twicaranye bagashyira hamwe, naho ubundi iyo huzuye hari n’ubwo utanga amafaranga RWF 500 abasore bakaguheka mu mugongo.”

Ni mu gihe mu butumwa bugufi kuri telefone, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko koko iki ari ikibazo kitoroheye abaturage, ariko ko ubuyobozi bw’uturere twombi bukizi kandi ko RTDA igiye kugikora.

Uyu muyobozi yakomeje agaragaza ko ingengo y’imari igenewe iki gikorwa yamaze kuboneka, ubu hakaba hari gushakwa, binyuze mu masoko, abagomba kucyubaka.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Next Post

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

There’s a competition happening among young people today, quiet, invisible, and rarely admitted. No one announces it. No one sets...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.