Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

radiotv10by radiotv10
23/12/2025
in MU RWANDA
0
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya utu Turere twombi, utagira ikiraro, bityo bakambuka bavogera mu mazi ndetse igihe imvura iguye bakarara mu nzira kuko amazi aba yabaye menshi, abaturage banyura kuri uyu mugezi baracyatabaza ngo babone ikiraro bambukiraho.

Abo ni bamwe mu baturage bo mu Turere twa Rubavu na Rutsiro baganiriye na Radio TV10 muri Gashyantare 2024. Aba bagarukaga ku ruhuri rw’ibibazo baterwa n’uyu mugezi wa Bihongora utemba ugabanya imirenge ya Kanama na Nyabirasi mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba.

Bigirimana Martin ati: “Urabona ko mvuye kurangura, mu gihe cy’imvura rero hari igihe iri gare rigwamo, kandi naranguye ifu ugasanga yose irampombeye.”

Sezikeye (utuye hino y’umugezi muri Rubavu) ati: “Ndabacumbikira buri gihe rwose kuko n’ubu iguye baryama, nk’abagiye guhaha muri Karambo, za Mahoko…”

Burakaza ati: “Erega hano njye naraharaye umugezi wuzuye sinkuru, mbarirano; n’ukuvuga ngo iyo iguye ntihite ndarara, ariko biraturambiye rwose.”

Muri uko kwezi kwa Kabiri k’umwaka ushize wa 2024, ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwari bwatanze icyizere ko mu gihe gito iki kiraro kizatangira kubakwa kuko hari abafatanyabikorwa ngo bari bamaze kuboneka bashaka gufasha kucyubaka. Cyakora ubwo twageraga kuri uyu mugezi wa Bihongora, twasanze nta gikorwa na kimwe cyo kubaka ikiraro cyigeze gikorwa, ndetse abaturage bavuga ko basa n’aho birengagijwe.

Ndagijimana Eliezel ati: “N’ubu ntacyo baragikoraho; byaba byiza bakidukoreye mu buryo bwihuse ku buryo twajya dutaha bitworoheye.”

Dusengimana Jean Claude (umumotari wo muri Kanama) ati: “Gucamo ni ibibazo kuko iyo umugezi wuzuye, abo hirya ni uguhera iyo, n’abo hino bakahahera, tukabura uko twambuka, kandi abaturage bashaka gutaha, bityo natwe tukabura amafaranga.”

Nzamuye Diyonizi ati: “Umutekano ni mucye kuko iyo imvura iguye uyu mugezi uruzura cyane; mbese kizanakemuka ari uko uturere twombi twicaranye bagashyira hamwe, naho ubundi iyo huzuye hari n’ubwo utanga amafaranga RWF 500 abasore bakaguheka mu mugongo.”

Ni mu gihe mu butumwa bugufi kuri telefone, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko koko iki ari ikibazo kitoroheye abaturage, ariko ko ubuyobozi bw’uturere twombi bukizi kandi ko RTDA igiye kugikora.

Uyu muyobozi yakomeje agaragaza ko ingengo y’imari igenewe iki gikorwa yamaze kuboneka, ubu hakaba hari gushakwa, binyuze mu masoko, abagomba kucyubaka.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + five =

Previous Post

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Next Post

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.