Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe ya Rayon Sports.
Faustin Likau Pizzalo yemejwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kane tariki 25 Ukuboza 2025, nyuma yo gusesekara i Kigali ku wa Gatatu tariki 24.
Kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko bwamaze gusinyisha uyu mukinnyi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu butumwa bumuha ikaze, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwagize buti: “Faustin Likau Pizzalo KITOKO, ubu ni Gikundiro, ikaze muri Rayon Sports.”
Faustin Likau Pizzalo KITOKO yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda avuye mu y’u Burundi, aho yakinaga mu ikipe ya Flambeau du Centre FC yo mu cyiciro cya mbere muri kiriya gihugu.
Faustin Likau Pizzalo KITOKO w’imyaka 23, yahise atangira imyitozo akimara gushyira umukono ku masezerano, ndetse anahabwa ikaze na bagenzi be asanze muri iyi kipe yitegura umukino ukomeye uzayihuza n’umucyeba wayo APR FC mu Gikombe cya Super Coupe, uzaba tariki 10 Mutarama 2026.
Faustin Likau Pizzalo KITOKO asinyiye Rayon Sports nyuma y’uko ubuyobozi bw’iyi kipe butangaje ko nta bakinnyi bashoboye ifite, ariko ko bwiteguye kumanuka ku isoko kugira ngo bwongeremo amaraso mashya.




RADIOTV10










