Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

radiotv10by radiotv10
30/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi bakorana ubunyamwuga n’indangagaciro, abibutsa ko ubwitange bwabo buhora buzirikanwa.

Ni mu butumwa busoza umwaka, Perezida Kagame yageneye Ingabo z’u Rwanda n’abandi bo mu zindi nzego z’umutekano, aho yabibukije ko “mu gihe tugiye kwinjira mu wundi mwaka, ndashaka kubashimira byimazeyo akazi kanyu. Umuhate n’ubunyamwuga bikomeje guherekeza indangagaciro n’umutekano w’Igihugu cyacu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nubwo habayeho imbogamizi ndetse n’ibihe bikomeye “abagabo n’abagore b’Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano bakomeje gukorana ubwitange yaba mu Gihugu cyabo ndetse no mu butumwa barimo mu mahanga.”

Akomeza agira ati “Mu Gihugu cyacu, kuba maso kwanyu byatumye abaturage bacu batekana, birinda umutekano w’Igihugu cyacu, binashimangira kurindwa k’ubusugire bw’Igihugu umunsi ku wundi.”

Nanone kandi abari mu butumwa bw’amahoro, bakomeje gukorana ubwitange butajegajega mu kurinda ikiremwamuntu hakoreshejwe ubushobozi bwose buhari, ubumenyi n’umuhate udatezuka.

Ati “Ku bw’umuhate wanyu musangiye, u Rwanda rukomeje kwishimira amahoro n’ituze. Igihugu cyacu cyageze ku iterambere rifatika mu nzego zinyuranye, kandi n’Abanyarwanda bashima umusanzu wanyu, watumye babasha gukora ibikorwa by’iterambere mu ituze no mu mahoro asesesuye.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yongeye kugaruka ku ijambo aherutse kuvugira mu Nama y’Inteko y’Umuryango FPR-Inkotanyi, ko “Ingabo z’u Rwanda n’inzindi nzego z’umutekano dufite, ni zo nifuje kugira kuva cyera.”

Yavuze ko muri uyu mwaka uri kugana ku musozo, Abanyarwanda bakomeje gutera intambwe ishimishije mu ngeri zinyuranye yaba mu bumwe bwabo, kwigira ndetse no gukomeza gushyira imbere inyungu z’Igihugu, kurangwa n’ubunyangamugayo no gukunda Igihugu.

Ati “Mu gihe turi kwinjira mu mwaka mushya, ndabasaba gukomeza uyu murongo no gukomeza gushyigikira amahame y’ubunyangamugayo no kubahirza inshingano biranga inzego z’umutekano zacu. Dukomeze kuba maso kandi turangwe n’imigirire ijyanye n’ibibazo bihindagurika mu gihe dukomeje gukora tugamije icyerekezo kimwe cy’u Rwanda rutekanye, ruteye imbere kandi rwunze ubumwe.”

Yaboneyeho kandi gushimira byumwihariko abari mu butumwa hanze y’u Rwanda, batabashije gusangira iminsi mikuru n’imiryango yabo, ababwira ko Igihugu gishima ubu bwitange bwabo n’ubw’imiryango yabo.

Ati “Ubutwari bwanyu, kwihangana kwanyu, n’ubwitange bwanyu budatezuka bidutera ishema twese nk’Abanyarwanda. Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo babuze ubuzima bari mu butumwa, mpaye icyubahiro ubwitange bwanyu kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.”

Umukuru w’u Rwanda yasoje yibutsa Ingabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano ko bakomeza gukorana ubwo bwitange, kandi ko buzakomeza kuzirikanwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + two =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Next Post

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.