• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

radiotv10by radiotv10
30/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi bakorana ubunyamwuga n’indangagaciro, abibutsa ko ubwitange bwabo buhora buzirikanwa.

Ni mu butumwa busoza umwaka, Perezida Kagame yageneye Ingabo z’u Rwanda n’abandi bo mu zindi nzego z’umutekano, aho yabibukije ko “mu gihe tugiye kwinjira mu wundi mwaka, ndashaka kubashimira byimazeyo akazi kanyu. Umuhate n’ubunyamwuga bikomeje guherekeza indangagaciro n’umutekano w’Igihugu cyacu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nubwo habayeho imbogamizi ndetse n’ibihe bikomeye “abagabo n’abagore b’Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano bakomeje gukorana ubwitange yaba mu Gihugu cyabo ndetse no mu butumwa barimo mu mahanga.”

Akomeza agira ati “Mu Gihugu cyacu, kuba maso kwanyu byatumye abaturage bacu batekana, birinda umutekano w’Igihugu cyacu, binashimangira kurindwa k’ubusugire bw’Igihugu umunsi ku wundi.”

Nanone kandi abari mu butumwa bw’amahoro, bakomeje gukorana ubwitange butajegajega mu kurinda ikiremwamuntu hakoreshejwe ubushobozi bwose buhari, ubumenyi n’umuhate udatezuka.

Ati “Ku bw’umuhate wanyu musangiye, u Rwanda rukomeje kwishimira amahoro n’ituze. Igihugu cyacu cyageze ku iterambere rifatika mu nzego zinyuranye, kandi n’Abanyarwanda bashima umusanzu wanyu, watumye babasha gukora ibikorwa by’iterambere mu ituze no mu mahoro asesesuye.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yongeye kugaruka ku ijambo aherutse kuvugira mu Nama y’Inteko y’Umuryango FPR-Inkotanyi, ko “Ingabo z’u Rwanda n’inzindi nzego z’umutekano dufite, ni zo nifuje kugira kuva cyera.”

Yavuze ko muri uyu mwaka uri kugana ku musozo, Abanyarwanda bakomeje gutera intambwe ishimishije mu ngeri zinyuranye yaba mu bumwe bwabo, kwigira ndetse no gukomeza gushyira imbere inyungu z’Igihugu, kurangwa n’ubunyangamugayo no gukunda Igihugu.

Ati “Mu gihe turi kwinjira mu mwaka mushya, ndabasaba gukomeza uyu murongo no gukomeza gushyigikira amahame y’ubunyangamugayo no kubahirza inshingano biranga inzego z’umutekano zacu. Dukomeze kuba maso kandi turangwe n’imigirire ijyanye n’ibibazo bihindagurika mu gihe dukomeje gukora tugamije icyerekezo kimwe cy’u Rwanda rutekanye, ruteye imbere kandi rwunze ubumwe.”

Yaboneyeho kandi gushimira byumwihariko abari mu butumwa hanze y’u Rwanda, batabashije gusangira iminsi mikuru n’imiryango yabo, ababwira ko Igihugu gishima ubu bwitange bwabo n’ubw’imiryango yabo.

Ati “Ubutwari bwanyu, kwihangana kwanyu, n’ubwitange bwanyu budatezuka bidutera ishema twese nk’Abanyarwanda. Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo babuze ubuzima bari mu butumwa, mpaye icyubahiro ubwitange bwanyu kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.”

Umukuru w’u Rwanda yasoje yibutsa Ingabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano ko bakomeza gukorana ubwo bwitange, kandi ko buzakomeza kuzirikanwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Next Post

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.