Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje impanuka y’umukinnyi wa mbere ku Isi mu iteramakofe, Umwongereza Anthony Joshua, igahita inshuti ze ebyiri z’inkoramutima.
Nyuma y’iyi mpanuka yabereye mu muhanda wa Lagos-Ibadan, Umuyobozi ushinzwe uburezi rusange muri Polisi, Assistant Corps Marshal Olusegun Ogungbemide, yavuze ko iperereza ryerekanye ko impanuka yabaye ahagana saa kumi n’ebyiri z’amanywa ku wa Mbere hafi y’agace ka Sinoma ka Sagamu, muri Leta ya Ogun.
Nk’uko FRSC ibivuga, impanuka yakozwe n’imodoka y’umukara ya Lexus SUV yari itwaye Joshua yagonze imodoka itukura ya Sinotruck yari ihagaze iruhande rw’umuhanda.
Itangazo ryasobanuye ko ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ryakozwe n’ubuyobozi bwa FRSC muri Ogun, ryagaragaje ko abagabo batanu bakuru bagize uruhare muri iyo mpanuka, byongeraho ko abantu babiri bari bayirimo bahise bapfa.
Nanone kandi umwe yakomeretse, abandi babiri barokoka ntibagira n’ikibazo, aho Joshua yarokotse ariko asigarana ibikomere byoroheje.
Itangazo ryongeyeho riti “Uwakomeretse yahise ajyanwa kwa muganga, naho imibiri y’abapfuye yoherezwa mumu buruhukiro bwa Livewell, muri Ajaka, Sagamu.”
Mu gutanga ibisobanuro birambuye, FRSC yavuze ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko imodoka ya Lexus Jeep bikekwa ko yari yararengeje umuvuduko wemewe n’amategeko ikaza guta umuhanda ubwo yanyuraga ku yindi modoka, igahita isekura iyo kamyo yari iparitse.
Itangazo rigira riti “Impamvu nyamukuru y’impanuka ni umuvuduko ukabije no kunyuranaho mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ni amakosa akomeye yo mu muhanda kandi biracyari bimwe mu byateye impanuka zikomeye mu mihanda minini ya Nigeria.”

RADIOTV10











