• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

radiotv10by radiotv10
30/12/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje impanuka y’umukinnyi wa mbere ku Isi mu iteramakofe, Umwongereza Anthony Joshua, igahita inshuti ze ebyiri z’inkoramutima.

Nyuma y’iyi mpanuka yabereye mu muhanda wa Lagos-Ibadan, Umuyobozi ushinzwe uburezi rusange muri Polisi, Assistant Corps Marshal Olusegun Ogungbemide, yavuze ko iperereza ryerekanye ko impanuka yabaye ahagana saa kumi n’ebyiri z’amanywa ku wa Mbere hafi y’agace ka Sinoma ka Sagamu, muri Leta ya Ogun.

Nk’uko FRSC ibivuga, impanuka yakozwe n’imodoka y’umukara ya Lexus SUV yari itwaye Joshua yagonze imodoka itukura ya Sinotruck yari ihagaze iruhande rw’umuhanda.

Itangazo ryasobanuye ko ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ryakozwe n’ubuyobozi bwa FRSC muri Ogun, ryagaragaje ko abagabo batanu bakuru bagize uruhare muri iyo mpanuka, byongeraho ko abantu babiri bari bayirimo bahise bapfa.

Nanone kandi umwe yakomeretse, abandi babiri barokoka ntibagira n’ikibazo, aho Joshua yarokotse ariko asigarana ibikomere byoroheje.

Itangazo ryongeyeho riti “Uwakomeretse yahise ajyanwa kwa muganga, naho imibiri y’abapfuye yoherezwa mumu buruhukiro bwa Livewell, muri Ajaka, Sagamu.”

Mu gutanga ibisobanuro birambuye, FRSC yavuze ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko imodoka ya Lexus Jeep bikekwa ko yari yararengeje umuvuduko wemewe n’amategeko ikaza guta umuhanda ubwo yanyuraga ku yindi modoka, igahita isekura iyo kamyo yari iparitse.

Itangazo rigira riti “Impamvu nyamukuru y’impanuka ni umuvuduko ukabije no kunyuranaho mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ni amakosa akomeye yo mu muhanda kandi biracyari bimwe mu byateye impanuka zikomeye mu mihanda minini ya Nigeria.”

Iyi mpanuka ikomeye yahitanye babiri bari inshuti z’akadasohoka za Joshua

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + thirteen =

Previous Post

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Next Post

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.