Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

radiotv10by radiotv10
12/01/2026
in MU RWANDA
0
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo kuva iyi gahunda yatangira ariko batarabona ibyangombwa byabo, kuko ibyasohotse byaje biri mu mazina y’abandi.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Bweru mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi, bavuga ko kuva mu Rwanda hatangira igikorwa cyo kwandikisha ubutaka, na bo babubaruje, ariko kugeza n’ubu imyaka imaze kuba myinshi nta byangombwa by’ubutaka bwabo bahawe.

Ni ubutaka aba baturage bavuga ko bari batuyemo na mbere y’uko igikorwa cyo kubarura ubutaka mu Rwanda gitangira, ndetse na bo babaruza ubutaka bwabo bari batuyemo nk’abandi.

Mu gihe cyo gufata ibyangombwa by’ubutaka, bo bakabwirwa ko ibyabo bitarasohoka, ariko nyuma baza kubwirwa ko ubutaka batuyemo bwagiye bwandikwa ku mazina batazi, ndetse n’abo bazi, wababaza bakakubwira ko batazi uburyo ubwo butaka babwanditsweho.

Hategekimana Venuste ati “Twabaruje ubutaka nk’abandi, ariko dutegereza ibyangombwa by’ubutaka bwacu turaheba. Nanubu imyaka ishize ari myinshi tubitegereje twarahebye; iyo tubajije dusanga byanditse ku bandi tutanazi.”

Kmanana ati “Twe twumva ari amanyanga, kuko nta kuntu ubutaka buza bwanditseho abo tutazi kandi ubutaka twarabutuyemo kuva kera. Wanabaza ukabona ibibazo byawe ntibikurikiranwa. Turasaba ko byakurikiranwa tukabona ibyangombwa by’ubutaka bwacu.”

Kankera ati “Tujya kureba tugasanga ibyangombwa bibaruyeho abandi tutanazi. Bibaye byiza badukosorera, kuko turahangayitse.”

Abaturage bavuga ko batumva impamvu ubutaka bwabo bwanditse ku bandi, ari na byo baheraho basaba ko bakosorerwa bagahabwa ibyangombwa by’ubutaka bwabo, dore ko iyo bagiye kubaza nta gisubizo bahabwa kibaha icyizere cyo kubona ibyo byangombwa.

Ni ikibazo ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyagisozi butagira byinshi buvugaho, gusa mu butumwa bugufi Umuyobozi w’Umurenge wa Nyagisozi, Sylidio Habinshuti, yahaye umunyamakuru wa RadioTV10 yagize ati “Iki kibazo twarakimenye, twabahuje n’umukozi w’Umurenge ushinzwe imiturire, kugira ngo abafashe kumenya uko babona umu-technicien wabafasha gukora subdivision.”

Ku ruhande rw’Akarere ka Nyanza, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ibikorwaremezo muri aka Karere, Habimana Evariste, avuga ko aba baturage bajya ku Irembo bakarebaho ibyangombwa, bagira ikibazo bakegera inzego z’ibanze zikabafasha.

Mu butumwa bugufi yagize ati “Ibyangombwa by’ubutaka biri ku Irembo; mwababwira bakagana Irembo, abagize ikibazo bakagana ubuyobozi bubegereye, Umurenge cyangwa Akagari.”

Nubwo uyu mukozi ushinzwe imiturire avuga ibi, aba baturage bavuga ko aho ku Irembo abohereza kureba ibyangombwa byabo, iyo bagiyeho bababwira ko ubutaka bubaruye ku bandi, ari na byo bifuza ko byakosorwa bagasubizwa ubutaka bwabo. Abafite iki kibazo ni abaturage barenga 53 bo muri uwo Mudugudu wa Bweru, bagasaba inzego bireba kubakurikiranira ikibazo cyabo kigakemuka bakabona ibyangombwa by’ubutaka.

Aba baturage basaba kurenganurwa

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Next Post

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n'Igihugu iherutse na yo gukanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.