Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri
Share on FacebookShare on Twitter

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w’akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi kipe yabashashije gutsinda. Ngerageza kumenya amakuru yayo uko yaba ameze kose, cyangwa ko haba harimo ibihuha byinshi, ubundi nkatoranya ayo nabona yakwizerwa. Ngira agahinda kenshi cyane iyo Rayon Sports iri gutsindwa umusubirizo, nkarushaho gushengurwa umutima iyo mbona nta cyizere ko bizahinduka.

Mubyumve nk’ukuri si agahinda ahubwo ni ugushenguka umutima. APR FC yaradusize, aho tuzayifatira bisa nk’aho bitari vuba, byo bikarushaho kuryana.

Mu gihe Munyakazi Sadate yatorwaga akaba umuyobozi wacu, icyizere cyari kinshi, twumvaga tubonye umuyobozi uri Jeune, uzakora kinyamwuga uzubaka

Rayon Sports izakomera ku ruhando mpuzamahanga. Ibitekerezo bye iyo wabyumvaga kubera urukundo dukunda iyo kipe, wabonaga mwagezeyo koko

muzaba muri mamakipe akomeye muri Africa ariko ibyo byose byaje guhomba bigenda birushaho kuba bibi cyane, sinjya menya neza koko niba ari Covid19 twabishyiraho gufailinga, na n’ubu sindabimenya neza. Ikipe itangiye kumurenga kubera amafaranga, atangira gushwana n’abamuzanye, biragenda biba bibi murabyibuka. Muri icyo gihe isengesho ryari icyadukiza Sadate Munyakazi, ikipe yakongera ikabaho igatwara ibikombe, twakongera tugasohokera Igihugu tukajya mu matsinga tukabisubiramo. Muri icyo gihe numvaga Sadate ari we kibazo. Kumukira bingana no gutwara igikombe cya Shampiyona, ibintu nari mpuje n’Aba-Rayon benshi bagenzi banjye. Ntibyatinze yaje kuvaho mu buryo mwibuka bwasabye imbaraga nyinshi nyuma y’induru yari iminsi mu ikipe ikunzwe n’Abanyarwanda benshi kurusha andi.

Nyuma ya Sadate haje Jean Fidele, ariko abahoze muri Rayon Sports bose basabwa kuva iruhande ikipe kugira ngo batazavangira abayobozi bashya bari bagiyeho. Mu gutangira kwe, nk’umuntu utarabaga mu mupira cyane, yaje akora ikosa rikomeye avuga ko aje kwirukana ibisambo, kuko yumvaga ko muri Rayon Sports habamo ibisambo. Abantu baba bashaka kujyamo ngo bayibe, yagerageje kurwana kuri Rayon Sports mu mbaraga ze, akajya ashaka utudeal two kuzafasha ikipe bitavuye ku muntu/ ku bantu, muri macye twatangiye tutamwemera neza ariko uko byagenda biza byarangiye tumwemeye, uko yateguraga ikipe, muri make ntabwo yabaye umuyobzi mubi, nubwo yaje tutamwemera, yadutsindiye APR FC icyo gihe yarahanganaga na yo bigaragara.

Gutsindwa kwa Rayon bibabaza benshi

Wabonaga ko ikibazo afite ari uko ari umwe, nta yandi maboko yari afite ariko yarakomeje ararwana kugeza dutwaye Supercup dutsinze APR (3-0) tuyirusha bigaragarira buri wese, dutwara Peace Cup dutsinze APR FC twari muri condition mbi cyane.

Igihe kiragera aragenda; abo twita abasaza bari barahagiritswe byarangiye bagarutse byari ibyishimo ku Ba-Rayon benshi kubera amateka y’ibyo bakoze twumvaga bazabisubiramo cyangwa ko atari ubwa mbere, gutwara Shampiyona, gusohokera Igihugu tukagera mu matsinda n’ibindi.. Icyo gihe basabwe gushyira hamwe, bakubaka ikipe izira amacakubiri kandi ihatana. Ntibyatinze nyuma yamezi abiri cyangwa atatu batangira kutumvikana, gucikamo kabiri, bigenda biba bibi kugeza aho bongeye kubahagarikwa.

Kugeza ubu sinzi niba ikibazo cyacu kikiri umuyobozi, cyangwa se abayobozi, ubu umubare munini urifuza ko Fidele yagaruka nubwo bisa nk’ibidashoboka.

Guhatana na APR byo ntibyenda gukunda ntanubwo ari vuba rwose. izi kipe ebyiri zo muri Sudan nizihama aha ntakabuza nyuma y’imyaka ibiri, APR FC izaba iri kubona challenge ihagije izatuma ijya muri Champions League group stage, kuko ni cyo ibura gusa.

Narebye umukino wa Rayon Sports na Al Hili, ni agahinda kubona ikipe ikina kuriya, amarira aba abunga mu maso gusa, abafana bakunda ikipe yabo nubwo agahinda ari kenshi cyane.

 

Umuti

Igihe cyose twifuza ko umupira wacu uzatera imbere, iyi ikipe igomba kuba ikomeye, gukomera kwa APR FC yonyine ntabwo bizaduhaza nk’Igihugu dukeneye byibura amakipe Ane (APR FC, Rayon Sports, Kiyovu na Mukura), byakunda na Entincelles. bitagenze gutyo, ntabwo bizakunda, APR yonyine irusha izindi imbaraga.

Niba Leta yadufasha izo kipe enye cyangwa eshanu zigakomera tuzagira umupira uri ku rwego rushimishije. Tuzahangana n’izindi, hazazamo amafaranga kandi ndabizi ko byakunda, niba ibyo bitakunda: kuri Rayon Sports yanjye: Mureke tureka gushobora amafaranga mu bakinnyi bameze nk’abo dufite, dusubire inyuma, twemere APR FC, n’izindi bajye badutsinda uko bashaka ariko dutegure byibura abana bameze nk’abatujyanye mu matsinda ya 2018, ubundi dushyire imbaraga mu bagore ho birashoboko ko twazanazana Champions League yabo.

Turababaye! Umukunzi wa Rayon Sports w’akadasohoka.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + nineteen =

Previous Post

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Next Post

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.