• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora ibitaramo bizenguruka Igihugu.

Ibi byatangajwe n’umwe muri aba bahanzi mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, we na mugenzi we ko bagiye gukora ibitaramo bizenguruka Igihugu.

Mu butumwa burarikira Abaturarwanda ibi bitaramo bizaba mu mpeshyi y’uyu mwaka wa 2026, Bruce Melodie, yagize ati “Rwanda, turaje, amakuru arambuye muzayamenya vuba.”

Ibi bitaramo bizenguruka Igihugu cyose bigiye gukurikira icyo aba bahanzi bahuriyemo cyiswe Nu Yea Groove cyateguwe na The Ben, aho cyakurikiwe n’impaka, aho abafana bafana aba bahanzi, bavugaga ko uwabo yarushije undi, abandi batabikozwa.

Amakuru avuga ko iki gitaramo kiri mu masezerano aba bahanzi baherutse kugirana arimo n’ibi bizenguruka Igihugu bizaba mu mpeshyi y’uyu mwaka.

The Ben na Bruce Melodie, bombi basanzwe ari abahanzi bafatwa nk’abayoboye muzika Nyarwanda muri iki gihe, bakunze guhanganishwa n’abakunzi babo, ndetse na bo ubwabo bakaba barinjiye muri iyi nkundura mu buryo bweruye, babinyujije mu bihangano baherutse gushyira hanze.

Mbere yuko kiriya gitaramo cyabaye tariki 01 Mutarama 2026  kiba,Umuhanzi Bruce Melodie yabanje gushyira hanze indirimbo yise ‘Munyakazi’ aho bamwe mu bahanga mu by’indirimbo bavuga ko yuzuye ihangana hagati ye na The Ben, hadaciye kabiri, uyu muhanzi na we aba ashyize hanze iyo yise ‘Indabo Zanjye’ na yo bivugwa ko ari iy’iri hangana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 14 =

Previous Post

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Next Post

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.