Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

radiotv10by radiotv10
22/01/2026
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo
Share on FacebookShare on Twitter

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano yabonywe imbere y’umuryango wako yapfuye nyuma yo kugakubitirwamo biturutse ku kutumvikana na nyirako.

Byabereye mu isantere yitwa Kamina iri mu mudugudu wa Rwesero ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri ubwo uyu Nkurikiyumukiza  yinjiraga mu kabari agakubitwa n’abasore babiri nk’uko bivugwa na Nyirasafari Edissa wabibonye.

Agira ati “Nari ndi mu kabari ngiye kubona mbona Rujanga arinjiye, uko yazaga aho twari turi, umuntu w’umusore wari uhari yahise amutera inkokora undi ahita agwa hasi. Nahise mvuza induru mvuga nti uyu muntu araramuka agize icyo aba ndabivuga maze undi musore aza ansatira avuga ngo uri kuvuga iki wa mukecuruwe mpita nirukanka mvuza induru nti Rujanga arapfuye Rujanga arapfuye”.

Ibyo byari byabaye saa mbiri z’ijoro ndeste ngo abo bivugwa ko bakubise nyakwigendera ngo baje kumusohora hanze  bucyeye aba ari bwo abantu babona ko yashizemo umwuka.

Uwitwa Mbakuriyemo Enock uri mu babonye uyu murambo avuga ko wari ufite udukomere mu mugongo bigaragara ko yakurubanzwe hasi mu gihe yasohorwaga muri ako kabari akimara gukubitwa iyo nkokora bamwe bakeka ko yayikubiswe ahabi bikamuvira mo urupfu.

Mbakuriyemo Ati “Twasanze afite udusari mu mugongo ari nka kwakundi bamukuruye hasi bamusohora agashwaratuka ’’.

Ubwo Radio&Tv10  yari muri aka gasantere abaturage bayibwiye ko abantu barenga babiri barimo na nyiri aka kabari kazwi ku izina ryo kwa mukubite umwice bari bamaze gufatwa n’urwego rw’ubugenzacyaha.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kagano Mukamusabyimana Marie Jeanne wemeje amakuru y’uru rupfu yavuze ko nubwo iperereza rigikomeje ariko nk’urwego rw’ubuyobozi hari icyemezo kigomba gufatrirwa aka kabari

Gitifu Marie Jeanne ati “Kabone n’ubwo tutari twabihuza neza na cyane ko inzego z’iperereza zikibikurikirana, ariko buriya turanareba ngo ise niba byabereye iwawe n’ubwo haba inyuma cyangwa imbere ,, watabaye? Umutima w’abanyarwanda wakabaye gutabarana, gutanga amakuru ibyo byose turabireba tugenzure n’iba nta ruhare yabigizemo hanyuma dufate umwanzuro ku kabari ke”.

Nyuma y’iperereza ry’ibanze, umurambo wa nyakwigendera wabanje kujyanwa mu bitaro bya Kigobora ngo usuzumwe hamenyekane icyamwishe nyiriza.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Next Post

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.