Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

radiotv10by radiotv10
24/01/2026
in MU RWANDA
0
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri 14,1%, mu gihe mu gihembwe nk’icyo muri 2024 bwari kuri 18,0%.

Ni imibare mishya igaragaza uko igipimo cy’imirimo mu Rwanda gihagaze muri raporo izwi nka Labour Force Survey, aho mu gihembwe cya kane cy’umwaka wa 2024 ubushomeri mu rubyiruko bwari kuri 18,0%.

Iyi raporo nshya, igaragaza mu gihembwe cya kane cya 2025 abashomeri muri rusange mu Gihugu hose, bari 649 799 bangana na 11,7% aho na ho habaye igabanuka rya 3% kuko mu gihembwe nk’icyo cy’umwaka wa 2024 bari kuri 14,7%.

Abagore ni bo bari bushomeri cyane ugereranyije n’abagabo, kuko bari ku kigero cya 13%, mu gihe abagabo ari 10,5%, naho urubyiruko rukaba rubarirwa kuri 14,1%.

Iyi raporo kandi igaragaza uko ubushomeri buhagaze mu bice by’imijyi n’icyaro, aho mu mijyi buri kuri gipimo cya 11%; mu gihe mu bice by’icyaro buri ku kigero cya 12%.

Muri miliyoni 8,6 z’Abanyarwanda bari bagejeje igihe cyo gukora (abarengeje imyaka 16 y’amavuko) mu gihembwe cya mbere cya 2025, abarenga miliyoni 4 ni bo bari bafite akazi ni ukuvuga ko bangana na 56,7%.

Muri aba bari bafite akazi, ab’igitsinagabo bari 63,7%; ab’igitsinagore bakaba 50,4% mu gihe urubyiruko bari 52,2%. Naho abakuze bangana na 60,0%. Abo mu mijyi ni 64%, mu gihe abo mu cyaro ari 53,4%.

Ubushomeri mu Rwanda byumwihariko mu rubyiruko, ni ingingo imaze iminsi igarukwaho cyane n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma yuko umwe muri rwo aherutse gushyiraho amashusho avuga ko Leta y’u Rwanda ikwiye kugira icyo ikora kugirango itabare abasore n’inkumi ngo kuko bugarije n’ubukene.

Ni ubutumwa butavuzweho rumwe, aho bamwe bavuga ko uyu mwana w’umukobwa yarengereye kuko urubyiruko rw’u Rwanda ruhagaze neza mu mibereho rubikesha gahunda zashyizweho n’ubuyobozi, mu gihe hari n’abamushyigikiye bavuze ko ubukene mu rubyiruko rw’u Rwanda bunuma.

Gusa Leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda zinyuranye zigamije gufasha urubyiruko kwikura mu bukene no kwihangira imirimo, nk’Ibigega na gahunda bitera inkunga imishinga y’iterambere byumwihariko y’urubyiruko rwifuza inguzanyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 9 =

Previous Post

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Related Posts

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.